BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Akanyamuneza kuri Chriss Eazy wegukanye ibihembo muri Kiss Summer Awards

Akanyamuneza kuri Chriss Eazy wegukanye ibihembo muri Kiss Summer Awards

admin
Last updated: November 1, 2022 9:27 am
admin
Share
SHARE
Umuhanzi Chris Eazy yashimye Imana nyuma yo kwegukana ibihembo bitegurwa na Radio Kiss Fm nyuma yo kwegukana igikombe cya  ‘Best Summer Song’ n’igikombe cya ‘Best New Artist’.
Chriss Eazy atewe ishema n’ibihembo yegukanye

Igihembo cya ‘Best New Artist cyatumye agirwa ‘Brand Ambassador’ wa sosiyete EngenEcodrive.

Nyuma yo kwegukana iki gikombe, Chriss Eazy yashimye Imana, ashishikariza buri wese kudacika intege “kuko ni ikintu abahanzi benshi bahuriyeho.”

Uyu muhanzi uri mu bakunzwe n’urubyiruko yavuze ko guhatana muri ibi bihembo ari kimwe mu bintu byiza agezeho mu muziki.

Yashimye abo bakorana umunsi ku munsi mu muziki, anashima Producer Element wamukoreye indirimbo nyinshi.

Yanegukanye igikombe cya ‘Best Summer Song’ yakomeje kuza imbere mu matora mubahanzi benshi bahatanaga.

Chriss usanzwe ukora ama video yindirimbo ziwe ndetse agakora n’indirimbo z’abahanzi batandukanye, akorana n’abarimo Sam Switch ufata amashusho, Hussein Traole, Young C Designer umwambika n’abandi.

Kuva yatangira gufashwa na Junior Giti, Chriss Eazy amaze gusohora indirimbo nyinshi harimo ‘Fasta’, ‘Amashu’, ‘Inana’ yegukanye igihembo cy’indirimbo nziza y’umwaka n’izindi zitandukanye.

Uyu musore si izina rishya mu matwi ya benshi. Muri Mata 2020, yashyiditse n’umuhanzi Sat-B wo mu Burundi amushinja kwigana indirimbo ye yise ‘Ese urabizi’ nta burenganzira yamuhaye. Muri Nzeri 2020, bombi bariyunze.

Chriss yegukanye irushanwa rya Talent Zone 2016 ndetse n’irya Europe HiHop Fest 2019. Uyu musore yize gutunganya amashusho akorana n’abahanzi batandukanye muri iki gihe.
Ni we utunganya amashusho y’indirimbo za Vestine na Dorcas zirimo nka ‘Ibuye’, ‘Nahawe ijambo’, ‘Adonaii’ n’izindi z’aba bana babakobwa.
Chriss Eazy uri mubakunzwe mu rubyiruko yashimye abamuba hafi bose
Producer Element ari mu begukanye ibihembo muri Kiss Summer Awards

MUNEZERO MILLY FRED / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?