Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje ko ubutegetsi bwa Perezida Felix Tshisekedi, bukomeje gukora ibikorwa by’ubugome, aho kuri ubu ingabo za leta ,FARDC, iri kurasa abaturage n’amatungo.
Hashize igihe igisikare cya Leta, FARDC hamwe n’Ihuriro bafatanya ririmo FDLR, ingabo z’Uburundi, Wazalendo, bubuye ibitero bikomeye kuri uyu mutwe muri Teritwari ya Masisi.
Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko FARDC iri gukora ibyaha by’intambara kuko iri kurasa abaturage idasize n’amatungo yabo.
Mu butumwa yashyize kuri X yagize ati ” Ibyaha by’ubugome ndengakamere n’urukozasoni bikunze kuranga ubutegetsi bwa Kinshasa igihe cyose bwishoye mu ntambara yeruye, byongeye kugaragara mu buryo buteye isoni.”
Kanyuka yavuze ko ku wa Kane, tariki ya 26 Gashyantare 2026, ahagana saa kumi na Cumi n’Itanu z’amanywa (16:15), ingabo zishyize hamwe, cyane cyane iz’omutwe wa FDLR, zinjiye mu gice cy’icyayi cya JTN giherereye i Mweso.”
Akomeza agira ati ” Mu bikorwa by’ubugome bukabije, abo barwanyi barashe inka 19, aho 15 zapfuye ako kanya naho 4 zigakomereka bikabije. Ibi bikorwa byiribasira abasivile, hagamijwe kubahoza mu bwoba.
Icyababaje kurushaho, ni uko barashe amasasu y’urufaya ku mukobwa w’imyaka 19 witwa Wamahoro, ukomoka i Kitchanga, akaba yahise yitaba Imana ako kanya.”
AFC/M23 ikomeje gutakambira umuryango Mpuzamahanga ivuga ko ubutegetsi bwa Tshisekedi bwarenze ku gahenge kumvikanyweho .
Nubwo uyu mutwe utarasohora itangazo cyangwa igire icyo ibivugaho, hashize igihe havuzwe urupfu rw’uwari umuvugizi wayo Lt Col Willy Ngoma , aho bivugwa ko yarasiwe mu bice bya Rubaya , ahantu ubutegetsi bwifuza kwisubiza.
