Amakuru avuga ko Abarwanyi b’ihuriro rya AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo bigaruriye imidugudu itandukanye yo muri Osso Banyungu muri teritwari ya Masisi mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Ni nyuma y’imirwano asakiranyije aba barwanyi n’ab’ihuriro ry’imitwe ya Wazalendo irwana ku ruhande rwa leta Cyumweru, tariki 7 Nzeri 2025.
Amakuru aturuka mu baturage baturiye ibi bice avuga ko kuva ku mugoroba ingabo za M23 zagaragaye mu bice birimo Mafuo, Biholo, Shoa na Bwambaliro.
Igitangazamakuru gikorera muri DRC ACTUALITE.CD gukesha iyi nkuru gitangaza ko kuri ubu AFC/M23 bagenzura imidugudu ya Busoro, Kinyeere, Burora na Ngesha.
Amakuru avuga ko Abarwanyi b’ihiriro rya Wazalendo bahungiye mu bice birimo Kazinga na Mahanga ku mupaka wa teritwari ya Masisi na Walikale.
Iyi modugudu ifashwe nyuma y’iminsi myinshi ibice birimo Shoa n’inkengero zayo birimo ibikorwa bibi by’ubwicanyi bikorwa na Wazalendo n’ingabo za Leta zitakigira ijambo imbere y’izi nyeshyamba n’abasivile bahawe intwaro.
AFC/M23 imaze iminsi iteguza ko izajya gutabara abasivili bakomeje kugabwaho ibitero n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC, kandi ko izazimya umuriro aho uturuka hose.