BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 24, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > AFC/M23 yatanze impuruza ku mperuka iri kuba mu Minembwe

AFC/M23 yatanze impuruza ku mperuka iri kuba mu Minembwe

admin
Last updated: March 24, 2026 9:43 am
admin
Share
SHARE

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Werurwe, watanze impuruza ku bihe bisa n’imperuka bikomeje kubera muri Komine Minembwe mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo, aho ingabo za Leta ya RDC zikomeje gukorera abaturage ubwicanyi bw’indengakamere.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, abinyujije ku rubuga rwe rwa X, yavuze ko usibye kuba Abanye-Congo bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bari kwicwa, Leta ya RDC iri no gukora ibikorwa byo kuvana abaturage mu byabo ku mbaraga.

Ati: “Turatanga impuruza ku baturage ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku biri kubera mu Minembwe, aho ibintu byafashe indi ntera ikomeye mu gisa nk’imperuka.

Ubwicanyi no kuvanwa mu byabo ku gahato ku bavandimwe bacu b’Abanyamulenge bikomeje ubudacogora. Imiryango yose irimo kurimburwa burundu.”

AFC/M23 ivuga ko mu rwego rwo kubungabunga agaciro ka muntu, yirinze gushyira ku karubanda amashusho ateye ubwoba cyane y’ibiri kubera muri Minembwe.

Kugeza ubu mu bo byamenyekanye ko biciwe muri kiriya gice, harimo umukambwe Rudaga Adriyani w’imyaka 95 y’amavuko wiciwe mu bitero bya drone ihuriro ry’ingabo za Leta ya Kinshasa zagabye mu bice bya Minembwe, ku wa Mbere tariki ya 23 Werurwe 2026.

Kuri ubu Abanyamulenge n’imiryango itandukanye iharanira uburenganzira bwa muntu bakomeje kwamagana ibitero ingabo zirimo iza FARDC, iz’u Burundi na FDLR bakomeje kugaba mu Minembwe, ari na ko basaba Umuryango Mpuzamahanga kugira icyo ubikoraho.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kim Jong Un yigambye ko nta kizamubuza gukora intwaro za nucléaire

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yavuze ko nta kizabuza…

Uganda: Umusirikare wari waburiwe irengero yasanzwe iwe yapfuye

Igipolisi cya Uganda mu Karere ka Kabale cyatangiye gukora iperereza nyuma y’urupfu…

AFC/M23 yatanze impuruza ku mperuka iri kuba mu Minembwe

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Werurwe, watanze…

Iran yahakanye yivuye inyuma iby’ibiganiro na Amerika byo kurangiza intambara

Minisiteri y'ububanyi n'amahanga ya Iran irahakana ko hari ibiganiro hagati ya Tehran…

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa DRC, avuga ko kuba ari i…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Colombia: Indege yarimo abasirikare 100 yahanutse

1 Min Read
Mu mahanga

M23 yateye utwatsi ibyo kuvana ingabo i Bukavu

1 Min Read
Mu mahanga

RDC: ADF yishe abantu 50 mu cyumweru kimwe

1 Min Read
Mu mahanga

Kenya: Abakora mu by’indege bateguje indi myigaragambyo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?