BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, May 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > AFC/M23 yamaganye Leta ya Kinshasa isoresha ibicuruzwa biva i Goma nk’ibituruka mu mahanga

AFC/M23 yamaganye Leta ya Kinshasa isoresha ibicuruzwa biva i Goma nk’ibituruka mu mahanga

sam
Last updated: May 31, 2025 2:34 pm
sam
Share
SHARE

Ihuriro AFC/M23 ryashinje ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gutandukanya ubutaka bw’iki gihugu, bwitwaje ko butagenzura bumwe muri bwo.

Raporo yamuritswe n’iri huriro tariki ya 30 Gicurasi 2025, isobanura ko tariki ya 28 Gashyantare, Paul Kayembe uyobora urwego rwa RDC rushinzwe gasutamo muri Kivu y’Amajyaruguru, yafashe icyemezo cyo gusoresha ibicuruzwa bituruka mu bice rigenzura, nk’aho biva mu mahanga.

Icyo gihe, Kayembe wahungiye mu mujyi wa Beni yagize ati “Ibicuruzwa byose biva mu mujyi wa Goma, ku kibuga cy’indege cya Goma, Bunagana na Ishasha bifatwa nk’ibiva mu mahanga, hashingiwe ku mategeko n’amabwiriza ya gasutamo.”

AFC/M23 yasobanuye ko icyemezo cya Kayembe kinyuranya n’ingingo ya 1 y’Itegeko Nshinga, ivuga ko imipaka ya RDC yemejwe tariki ya 30 Kamena 1960 idakwiye guhindurwa mu rwego rwo kubahiriza ubwigenge bw’iki gihugu.

Iti “Kubera gushyiraho imisoro mishya ku bicuruzwa biva n’ibijya mu bice bigenzurwa na AFC/M23, bikishyurirwa nk’aho biva mu mahanga, ubwo umujyi wa Goma, Bunagana na Ishasha ifatwa ubu nk’igice cy’ikindi gihugu.”

Tariki ya 31 Werurwe, Leta ya RDC yafashe icyemezo cyo guhagarika imishahara y’abakozi bayo bagumye mu bice bigenzurwa na AFC/M23, aho kwimukira mu mujyi wa Beni wimuriwemo ibiro by’intara.

AFC/M23 yagaragaje ko iki cyemezo kinyuranyije n’ingingo ya 36 y’Itegeko Nshinga, iteganya ko nta mukozi ukwiye gukorerwa ivangura bitewe n’aho akomoka, igitsina cye, ibitekerezo, imyemerere cyangwa se ubushobozi afite mu rwego rw’ubukungu.

Iri huriro ryasobanuye ko ibi byemezo bya Leta ya RDC ari ubugambanyi bukomeye, riti “AFC/M23 ifata ibi bikorwa byo gutandukanya, guheza ndetse no gukata igice cy’igihugu bikorwa na Leta ya Kinshasa ari icyaha cy’ubugambanyi bukomeye.”

Iyi raporo y’impapuro 38 isubiza ibirego byinshi AFC/M23 ishinjwa na Leta ya RDC n’imiryango mpuzamahanga, birimo kutubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanyuzwe n’ibiganiro yagiranye na Joseph Kabila

Ihuriro rya politiki n’ingabo rya AFC/M23 ryatangaje ko ryagiranye ibiganiro byubaka na…

Namibia: Intare yishe mukerarugendo agiye ku bwiherero

Mu gihe yari mu biruhuko mu nkambi y’ubukerarugendo muri Namibia, umukerarugendo w’imyaka…

AFC/M23 yamaganye Leta ya Kinshasa isoresha ibicuruzwa biva i Goma nk’ibituruka mu mahanga

Ihuriro AFC/M23 ryashinje ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gutandukanya ubutaka…

Loni iratabariza abaturage ba Gaza bugarijwe n’inzara 100%

Umuryango w’Abibumbye Loni uratanga impuruza ko abaturage ba Gaza 100% bugarijwe n’inzara…

Nangaa yahishuye abagize uruhare mu kwibira Tshisekedi amajwi

Umuyobozi w’ihuriro AFC/M23, Corneille Nangaa, yahishuye ko umuryango mpuzamahanga wagize uruhare mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yasobanuye ubufasha Mobutu yahaye Habyarimana bwabyaye ingaruka z’umutekano muke w’akarere uyu munsi

3 Min Read
Politike

Gen Mubarakh Muganga na bagenzi be bo muri Afurika bahuriye muri Kenya

1 Min Read
Politike

Museveni ahamya ko Leta ya RDC ifite uruhare mu mutekano wazambye

2 Min Read
Politike

Kabila yaganiriye n’abayobozi ba AFC/M23

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?