Ihuriri AFC/ M23 nyuma yo kwigarurira umujyi wa Goma no kugarura umutekano wawo, yafashe icyemezo cyo guca burundu icuruzwa ry’ibiyobyabwenge ndetse n’ibinyobwa biri mu macupa ya mililitiro 300 muri uyu mujyi.
Byatangajwe n’umuyobozi w’umujyi wa Goma Julien Ndalieni Katembo mu nama yamuhuje n’abaturage kuri uyu wa 14 Gicurasi 2025, asobanura ko iki cyemezo kigamije gusubiza RDC agaciro kayo.
Yagize ati: “Intego y’ubu buyobozi ni ukugarura agaciro ka Congo (RDC). Igihugu cyubahwe ahantu hose. Igihe tuzagarura umutekano mu gihugu, tuzagenda, dusigire abato igihugu gifite itoto. Ese tuzabasigira igihugu cy’abasinzi? Niba uzi ko ubonera ubuzima mu gucuruza urumogi, byihorere.”
Meya Ndalieni yabwiye abaturage ko ibi biyobyabwenge bituma urubyiruko rugira imyitwarire idahwitse muri sosiyete ndetse no ku mashuri bigaho.
Uyu muyobozi yasobanuye ko inzoga zemewe mu mujyi wa Goma ari izibikwa mu macupa gusa, ati “Inzoga yemewe ni iyihe? Ni ishyirwa mu icupa. Si ishyirwa mu masashi, iyo ntidushaka kongera kuyibona. Kubera ko iyo abanyeshuri bagiye kwiga, bagashyira Chief mu mufuka, bagira imyitwarire mibi, bagateza akavuyo mu ishuri.”
Yakomeje ati: “Icupa rya pulasitiki twemeranyije ni irya mililitiro 300 kuzamura, si iriri munsi yazo.”
AFC/ M23 ikomeje gukora ibikorwa birimo ibyo kugarura umutekano muri uyu mujyi aho hamaze gufatwa amagana y’abahungabanya umutekano wawo ndetse n’ikengero zawo barimo FDLR , Wazalendo na FARDC.