BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

sam
Last updated: July 18, 2025 10:54 am
sam
Share
SHARE

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa DRCongo, ryabusabye guhagarika ibitero n’ibikorwa bya gisirikare bwakajije, rinavuga ko igisirikare cy’u Burundi cyohereje batayo y’abasirikare barenga 500, kandi ko ridashobora kubyihanira.

Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, kuri uyu wa 18 Nyakanga 2025 yatangaje ko nubwo Leta ya RDC iri mu biganiro bya politiki muri Qatar, inakomeje gutegura intambara yifashishije imitwe y’ingabo zirimo iz’u Burundi.

Kanyuka yasobanuye ko ingabo za RDC zoherejwe mu bice bitandukanye by’intara ya Kivu y’Amajyepfo, izindi ziva Pinga muri Walikale, Lubero ndetse na Kisangani mu ntara ya Tshopo kugira ngo zitere AFC/M23.

Ati “Abasirikare benshi bava muri Kalemie, bajya Uvira, bava Bujumbura bajya Shabunda na Kisangani. Mu cyumweru, ihuriro ry’izi ngabo ryagabye ibitero bikaze ku birindiro byacu.”

Umuvugizi wa AFC/M23 yatangaje ko u Burundi, bwirengagije uburyo bwatsinzwe urugamba mu bihe byashize, bwohereje abandi basirikare 520 muri Shabunda, bajya kongerera imbaraga abari mu kibaya cya Rusizi bagamije gufata Bukavu.

Ati “Igisirikare cy’u Burundi cyongeye kugwa mu makosa nko mu gihe cyashize, cyohereza batayo y’abasirikare 520 muri Shabunda, zerekeza i Bukavu zinyuze Nzibira kugira ngo zongerere imbaraga iziri mu kibaya cya Rusizi.”

Yizeza Abanyekongo ko ihuriro AFC/M23 rifite ubushake n’imbaraga bwo “kurinda abaturage b’abasivile ndetse no kuburizamo ibitero byose yagabwaho.

Ati”Ntidushobora kwemera ko habaho ko duterwa ubwoba cyangwa hakomeza gukorwa ibikorwa bibi bikorwa n’ubutegetsi butagendera ku mategeko kandi bumena amaraso, bwaguranye amahoro inyungu zabwo bwo kwikunda.”

Ibi bikorwa biriho bikorwa n’ubutegetsi bwa Congo, mu gihe buri kuganira n’iri huriro AFC/M23 bahanganye biri kubera i Doha muri Qatar.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

Nyarugenge: Polisi yafatiye mu mukwabu abatu 20 bakekwaho ubujura n’abakoresha ibiyobyabwenge 

Nyuma yaho abaturage bo mu Mirenge ya Gitega, Nyakabanda, Nyamirambo, Muhima na…

Dosiye iregwamo umukozi wa NAEB yoherejwe mu Bushinjacyaha

Urwego rw'igihugu rw'ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwafunze Habiyambere Maurice, umuyobozi ushinzwe ibikorwa…

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ambasaderi wa Uganda muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo Alhajji Farid M.…

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa DRCongo, ryabusabye guhagarika ibitero n’ibikorwa bya gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

1 Min Read
Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?