BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Adil Erradi yongeye gutunga urutoki abakinnyi be

Adil Erradi yongeye gutunga urutoki abakinnyi be

admin
Last updated: October 13, 2022 8:38 am
admin
Share
SHARE

Umutoza mukuru wa APR FC, Adil Erradi Muhammed nyuma yo gutsinda ikipe ya Marines FC ibitego 2-0, yatangaje ko nta mukinnyi w’igihangange iyi kipe ifite kandi yiteguye gukorana n’abafite ubushake bwo gukora.

Adil byose yabyegetse ku bakinnyi ba APR FC

Mu rwambariro rw’ikipe ya APR FC hamaze iminsi harimo umwuka uteri mwiza, byanatumye umusaruro ukomeza kuba nkene kuva yasezererwa na US Monastir mu marushanwa ya CAF Champions League.

Nyuma yo gutsindwa umukino wa Bugesera FC, ikipe ya APR FC yagarutse ku mukino wa Marines FC yakoze impinduka kuko hari abasanzwe babanzamo batari no muri 20 bakoreshejwe.

Nyuma y’uyu mukino, umunya-Maroc utoza iyi kipe y’Ingabo, Adil Erradi yavuze ko nta mukinnyi w’igitangaza iyi kipe ifite ko abatsinda ari bo biteguye gukorera ikipe.

Ati “Uyu mukino utweretse ko nta mukinnyi wo guta ndetse nta n’umukinnyi wo kurutisha abandi. Abakinnyi twakoresheje ntibari basanzwe ariko n’ubundi nta kamara muri APR FC. Nzajya nkoresha abakinnyi batanga umusaruro ibindi ntacyo bimbwiye.”

Abajijwe ku bakinnyi bakuru muri iyi kipe barimo Manishimwe Djabel ariko batakoreshejwe, yasubije ko nta mukinnyi w’igihangange iyi kipe ifite.

Ati “Muri APR FC nta mukinnyi w’Umu-Cadre dufite kuko umucadre mwiza ni uwutanga umusaruro. Ubu hakenewe abakinnyi bazi agaciro k’umwambaro wa APR, bazi agaciro ka APR, bazi icyo bakora. Umukinnyi udatanga umusaruro simukeneye.”

Abajijwe niba ko Byiringiro Lague watsinze igitego cya Mbere yaba yari yafatiwe ibihano nk’uko byavuzwe, yasubije ko nta bihano yarimo ahubwo yari afite ibibazo by’umuryango we.

Ati “Ntabwo yigeze ajya mu bihano (Lague). Ni ibihe bibi yari arimo birimo n’iby’umuryango byanatumye tutajyana gusura US Monastir. Gusa ni umukinnyi mwiza ufite impano iri hejuru. Muri iyi minsi ameze neza niyo mpamvu yanitwaye neza.”

Uyu mutoza yakomeje ashimangira ko atiteguye gukorana n’abakinnyi badatanga umusaruro gusa kandi yiteguye kubaha abakwiye icyubahiro kuko batanze umusaruro ikipe ibashakaho.

APR FC imaze gutsindwa umukino umwe muri itatu imaze gukina kuko undi wabaye ikirarane.

Umwuka si mwiza muri APR FC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • rukabu says:
    October 13, 2022 at 4:48 pm

    Adil APR FC ntuyizi yaciyemo Abatoza bakomeye cyane kukuruta none uritega imitego izabashibukana. Tumaze kubona noneho ko ikibazo Ari wowe.Over confidence, kwiyemera none iminsi yawe irageze ikibazo nuko Abo wirukanye barenganye batazagaruka umaze kugende.Umurengwe wica nki nzara kwishurirwa amashuri kwi si hari Ahandi wabibonye.murakoze.

    Reply
  • rukabu says:
    October 13, 2022 at 4:48 pm

    Adil APR FC ntuyizi yaciyemo Abatoza bakomeye cyane kukuruta none uritega imitego izabashibukana. Tumaze kubona noneho ko ikibazo Ari wowe.Over confidence, kwiyemera none iminsi yawe irageze ikibazo nuko Abo wirukanye barenganye batazagaruka umaze kugende.Umurengwe wica nki nzara kwishurirwa amashuri kwi si hari Ahandi wabibonye.murakoze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?