BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Abayobozi b’ibigo bongera amafaranga y’ishuri bayita “agahimbazamusyi” baburiwe

Abayobozi b’ibigo bongera amafaranga y’ishuri bayita “agahimbazamusyi” baburiwe

admin
Last updated: April 3, 2024 9:55 am
admin
Share
SHARE

Bamwe mu bayobozi  b’ibigo  by’amashuri ya tekiniki, imyuga n’ubumenyingiro (TVET Schools) bashyiraho amafaranga y’ishuri bayita “agahimbazamusyi”  bagamije gushaka inyungu z’umurengera bihanangirijwe.

Irere Claudette, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Amashuri ya tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro

Ibi byagarutsweho ku wa 16 Nzeri 2022, mu biganiro byahuje abayobozi b’ibyo bigo ndetse n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe Ikoranabuhanga, Amashuri ya tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro, Irere Claudette.

Hashize iminsi micye Minisiteri y’Uburezi ishyize ahagaragara amabwiriza agenga umusanzu w’ababyeyi mu mashuri ya Leta y’incuke, abanza n’ayisumbuye, aho mu yisumbuye ku biga bacumbikiwe, amafaranga y’ishuri atagomba kurenga Frw 85,000 ku gihembwe.

Ku munyeshuri wiga ataha mu mashuri yisumbuye, uruhare rw’umubyeyi ntirugomba kurenga Frw 19.500 ku gihembwe.

MINEDUC ivuga ko mu gihe bibaye ngombwa kandi byemejwe n’inteko rusange y’ababyeyi bahagarariye abandi, ibindi byakenerwa n’ishuri bitagomba kurenza Frw 7000 ku gihembwe.

 

Hari abitwaza agahimbazamusyi …

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo Rwanda TVET Board, (RTB), Eng. Paul Umukunzi yatangaje ko mu kuganira n’ibigo by’amashuri ya tekiniki, imyuga n’ubumenyingiro basabwe guhindura imyumvire ijyanye no guca amafaranga y’umurengera abanyeshuri.

Yagize ati “Impinduka, ubona bakwiye gusobanukirwa n’amafaranga acibwa umubyeyi, turi kugira ngo turebe ko uburezi bw’u Rwanda butagira uwo buheza bitewe n’ubushobozi bucye afite.”

Yakomeje avuga ko kugira ngo bigerweho bisaba ko amashuri yumva ko umubyeyi atari we dutegaho byose, ahubwo agasabwa bicye bishoboka kuko Leta iba yabitanze.

Ati “Birasaba ko amashuri agenda asobanurirwa akumva neza kugabanya amafaranga y’ishuri, akumva ko ayo mafaranga macye umubyeyi aba yatanze, yafasha umwana kwiga kandi akiga neza  kuko ibyo Leta iba yatanze ni byinshi kurushaho.”

Agaruka ku bigo byitwaza Agahimbazamusyi bikongera amafaranga, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe ikoranabuhanga, amashuri ya tekini,imyuga n’ubumenyingiro,Irere Claudette, yavuze ko ibigo bitagakwiye kugira urwitwazo urwo ari rwo rwose ngo bizamure amafaranga y’ishuri.

Yagize ati “Icyo twavuze uyu munsi gikomeye, ni abayobozi b’amashuri babyukaga mu gitondo bakicarana na komite z’ababyeyi bagashyiraho ibintu bitumvikanyweho n’ababyeyi bose, bisa nk’ibiremereye babihagarika.”

Yakomeje agira ati “Dutanze urugero ni iki gituma umwana umutuma ipaki y’impapuro buri gihembwe? Izo mpapuro niba ufite abana 500, bakazizana, ukazongera n’ikindi gihe ukazibatuma izo mpapuro zijya he? Ziri gukora iki?”

Irere yihanangirije ibigo bigira urwitwazo agahimbazamusyi agira ati “Agahimbazamusyi, twasanze ari kimwe mu biteje ibibazo. Ugasanga batanze konti ngo imwe ni iy’ishuri, indi ni iy’agahimbazamusyi. Uyu munsi abarimu Leta yabongereye umushahara, nta mpamvu n’imwe ishuri rishobora gusubira inyuma rikabwira ababyeyi ngo nimuzane agahimbazamusyi ko guha mwarimu. Nta hantu nahamwe dushaka kongera kumva Agahimbazamusyi.”

Guverinoma y’u Rwanda yihaye intego ko mu mwaka wa 2024, amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro azaba yakira 60% by’abanyeshuri barangije icyiciro rusange ‘Tronc Commun’ bavuye kuri 31.9% bari aho ubu.

Abayobozi b’ibigo by’amashuri yigisha imyuga n’ubumenyingiro basabwe korohereza ababyeyi bagatanga amafaranga yagenwe na Leta

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Donald Trump yoherereje ibaruwa perezida wa Isiraheli amusaba kubabarira byimazeyo Benjamin Netanyahu 

Perezida wa leta zunze ubumwe za Amerika yagaragaje ko igihe kigeze ngo…

Imirwano yasakiranyike M23 na FARDC n’abo bafatanyije muri Masisi yafatiwemo uduce

Kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 12 Ugushyingo 2025, imirwano ikaze yadutse…

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda rwakiriye abarwanyi ba FDLR 7 bari mu mashyamba ya RDC

1 Min Read
Mu Rwanda

Meteo Rwanda yateguje imvura irenze iteganyijwe kugeza ku wa 20 Ugushyingo

2 Min Read
Mu Rwanda

Huye: urujijo ku cyateye urupfu rw’ umusaza w’imyaka 72 wagaragaye ku muhanda yashizemo umwuka

1 Min Read
Mu Rwanda

Gisozi :Mu ishyamba habonetse umurambo w’uwo bikekwa ko yishwe 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?