BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Abavandimwe bahungabanyije Canada umwe yasanzwe yapfuye

Abavandimwe bahungabanyije Canada umwe yasanzwe yapfuye

admin
Last updated: September 6, 2022 12:49 pm
admin
Share
SHARE

Polisi yo muri Canada yatangaje ko yobonye umurambo w’umwe mu bavandimwe bashakishwa nyuma yo guteragura abantu ibyuma bamwe bagapfa abandi bagakomereka.

Damien Sanderson yasanzwe yapfuye (ni uri ibumoso)

Ubu bwicanyi bwateye ubwoba Canada yose bwabaye ku Cyumweru mu ntara ya Saskatchewan.

Abavandimwe babiri bagendaga batera ibyuma abantu hapfa 10 abandi 18 barakomereka.

Umupolisi yavuze ko uwapfuye witwa Damien Sanderson, w’imyaka 31, yari afite ibikomere ariko bigaragara ko atari we wabyiteye, gusa nta yandi makuru yatanze.

Yasanzwe ahitwa James Smith Cree Nation, agace abagiye baterwa ibyuma batuyemo kandi bakaba ari bakavukire ba kera baho.

Myles Sanderson umuvandimwe w’uyu Damien Sanderson we akomeje kwihisha, ndetse Polisi yasabye abaturage kumwirinda kuko ari umuntu “ushobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abandi”.

Polisi iri kugenza ibyaha 13 bijyanye no gutera abantu ibyuma.

Ntabwo haramenyekana impamvu yatumye bariya bavandimwe bashinjwa ubwicanyi bakora biriya, dore ko umwe atarafatwa.

Polisi ivuga ko Myles Sanderson ugishakishwa na we afite ibikomere ndetse ashobora gukenera kujya kwivuza, cyakora nk’uko BBC ibivuga ntabwo Polisi yavuze niba ari we wishe umuvandimwe we.

Myles Sanderson, Polisi ivuga ko yari isanzwe imuzi, ikavuga ko ari umuntu wakunze gukora ibyaha igihe kirekire.

BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

Musanze: Yafatanywe ibiro bisaga 6 by’urumogi arimo kurukwirakwiza

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki ya 16 werurwe 2026,…

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

2 Min Read
Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?