BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Abatoza bafite Licence D mu Rwanda bashyizwe igorora

Abatoza bafite Licence D mu Rwanda bashyizwe igorora

admin
Last updated: July 23, 2022 4:17 pm
admin
Share
SHARE

Amwe mu marushanwa ategurwa n’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira, Ferwafa, agiye kugaragaramo abatoza bafite Licence D bitandukanye n’ibyari bisanzwe.

ABATOZA bafite LICENCE D

Ubusanzwe abatoza babarizwa mu Cyiciro cya Mbere n’icya Kabiri mu mupira w’amaguru mu Rwanda, usanga ubwiganze ari abafite Licence A CAF, B CAF na C CAF.

Ibi bituma abatoza bamaze gukorera Licence D batabona umwanya wo gutoza muri ibyo byiciro bibiri kuko abafite iziri hejuru yabo [A,B, C] baba ari benshi kandi akazi ari gake.

Nubwo byari bimeze gutyo, abafite Licence D nabo bagiye guhabwa ubwasisi kuko bemerewe kuzatoza amakipe azakina muri shampiyona y’icyiciro cya Gatatu nk’uko byemejwe na Komiseri ushinzwe Iterambere ry’Umupira w’Amaguru muri Ferwafa, Nkusi Edmond Marie.

Ati “Mu bisabwa, tuzibutsa amakipe ko abatoza bemerewe kuzatoza mu Cyiciro cya Gatatu, bagomba kuzaba byibura bafite Licence D.”

Uyu mukomiseri yemeje ko shampiyona y’icyiciro cya Gatatu, izatangira muri Mutarama 2023 ikazakinwa n’abakinnyi batarengeje imyaka 20, ababarizwa mu marerero n’abandi bakina mu makipe y’abato y’amakipe akina nk’ayabigize umwuga.

Edmond Nkusi uyobora Komisiyo y’Iterambere rya ruhago muri Ferwafa
Abafite Lcence D basubijwe

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?