BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 4, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

admin
Last updated: March 4, 2026 8:51 pm
admin
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura mituweli rudahuye n’ubushobozi bwabo, kuko hari gahunda yo gukosoza amakuru, bagasuzuma, basanga harabayeho kwibeshya bigahindurwa.

Byagarutsweho n’Umuyobozi ushinzwe Ubukangurambaga no kwandika abanyamuryango ba Mituweli muri RSSB, Deogratias Ntigurirwa,  kuri uyu wa Gatatu tariki 4 Werurwe 2026, asobanura ibyagendeweho mu ivugurura rya Mituweli.

Ntigurirwa avuga ko umuturage afite uburenganzira bwo kumenya amakuru yerekeye urugo rwe, yasanga hari aho bidahura akaba yakosoza.

Ati “Ntabwo twakwizeza Abanyarwanda ko izo nzego zo kwishyura mituweli zitunganye 100%, hashobora kubamo udukosa. Hagiye gushyirwaho uburyo umuturage ubona ko koko habaye kwibenshya ku makuru y’urugo rwe, agashyirwa mu rwego rutajyanye n’ubushobozi bwe, ubwo buryo buzamufasha kuyakosoza. Ibi ni ukugira ngo buri rugo ruzishyure amafaranga ajyanye n’ubushobozi bwarwo”.

Akomeza ashishikariza abaturage guha agaciro ubwisungane mu kwivuza, kuko ubuzima ari bwo butuma n’ibindi bishoboka.

Ati “Mu gihe urimo ukora igenamigambi ry’urugo, mu bushobozi ufite ukareba gukodesha inzu, minerivali n’ibindi, ni ukureba uti ese mituweli nayishyira ku rwego rwa kangahe? Hari uwayishyira ku rwego rwa kabiri cyangwa urwa gatatu bitewe n’imyumvire ye, ariko jyewe numva yaza ku rwego rwa mbere, kuko iyo uri muzima n’ibindi byose biraza”.

Emmy Ntwari Sibomana, umukozi wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ushinzwe Sisiteme y’Imibereho, agaruka ku buryo buteganyijwe bwo gukosora amakuru.

Ati “Uburyo bwo gukosora twabushyize mu bice bibiri, icya mbere ni ugukangurira abaturage kureba amakuru yatanzwe, kugira ngo nitumubwira ngo jya aha abe afite amakuru yizewe, anabasha gusobanura impamvu yo gukosoza, kuko hari n’abagenda batabirebye. Ibi ni byo byaganiriweho mu Nteko y’abaturage yabaye ejo, aho twabibukije kureba amakuru kuri telefone bakanze *195# bakabona areba ingo zabo”.

Ati “Mu Nteko itaha, tuzareba ko amakuru bayafite neza, tubabwire aho bagomba kujya, birumvikana ko ari mu nzego z’ibanze, ndetse banamenyeshwe ibyo bagomba kuzitwaza, babe rero bitegura. Ikindi ni uko dushaka kongera amakuru ku yari ari mu ikoranabuhanga, kugira ngo umuntu abashe kumenya koko ngo ni iki cyashingiweho kugira ngo ashyirwe mu rwego runaka rwa mituweli kuko ubundi hagaragara amafaranga gusa, ibi bishobora gutuma hari n’abashakaga kujya gukosoza bazahita babyihorera”.

Ibihano ku muntu utitabira Mituweli n’ushishikariza abandi kutayitabira

Itegeko No 03/2015 ryo ku wa 13 Werurwe 2015, mu ngingo yaryo ya 23 ivuga ku kutitabira ubwisungane mu kwivuza, riteganya ibihano ku muntu wese utitabira ndetse n’ushishikariza abandi kutitabira kwishura ubwisungane mu kwivuza (Mituelle de santé).

Iri tegeko rigira riti “Umuntu wese utitabiriye ubwisungane mu kwivuza kandi atari mu cyiciro cy’abatishoboye bafashwa na Leta, ahanishwa ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi iri hagati y’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi bitanu (5,000Frw) n’ibihumbi icumi (10,000Frw). Umuntu wese ushishikariza abandi kutitabira ubwisungane mu kwivuza, ahanishwa ihazabu yo mu rwego rw’ubutegetsi iri hagati y’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi mirongo itanu (50,000Frw) n’ibihumbi magana abiri (200000Frw)”.

Abantu barasabwa kudategereza guhanwa kubera kutitabira mituweli, ahubwo bagasuzuma ko bari mu rwego rwo kwishyura rubakwiriye, bakishyura kuko nta kindi babasha gukora kibateza imbere badafite ubuzima buzima.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura…

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe…

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU), rikorera mu Mujyi wa Kigali,…

Ishyingurwa rya Khamenei ryasubitswe

Amakuru atangazwa n’itangazamakuru rya leta muri Iran aravuga ko umuhango wo gushyingura…

Abanyarwanda bari mu bihugu byugarijwe n’ibitero bya Iran baburiwe

Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko Abanyarwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda rwageneye ubutumwa DRC yishimiye ibihano America yafatiye RDF

2 Min Read
Mu Rwanda

RED-Tabara yanyomoje Muyaya wavuze ko u Rwanda ari rwo rwayijyanye mu misozi miremire

3 Min Read
Mu Rwanda

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

1 Min Read
Mu Rwanda

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?