BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abasura u Rwanda banyuze ku kibuga cy’indege cya Kigali ntibazasabwa kwipimisha COVID-19

Abasura u Rwanda banyuze ku kibuga cy’indege cya Kigali ntibazasabwa kwipimisha COVID-19

admin
Last updated: July 30, 2022 3:07 am
admin
Share
SHARE

Imyanzuro y’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa Gatanu iyobowe na Perezida Paul Kagame yemeje ko abasura u Rwanda banyuze ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali batazasabwa kwipimisha COVID-19.

Inama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida Paul Kagame

Uyu ni umwe mu myanzuro yafatiwe muri iriya nama yayobowe na Perezida Paul Kagame, ikaba yanafatiwemo ibindi byemezo bitandukanye.

Mu mwanzuro wa kabiri w’iyi nama wo gusuzuma ingamba zafashwe mu rwego rwo kwirinda no gukumira ubwandu bwa COVID-19, iyi nama yemeje ko abagenzi binjira mu Rwanda banyuze ku kibuga cy’indege i Kanombe batazasabwa kwipimisha COVID-19.

Inama y’Abaminisitiri ariko yasabye ko abakerarugendo basura Pariki zirimo inguge (Nyungwe), n’abasura ingagi (mu Birunga) bagomba gupimwa icyorezo cya COVID-19 mu buryo buhambaye bwitwa PCR Test.

Abakerarugendo basura Pariki zindi bo barasabwa kubanza kwipimisha Covid-19 mu buryo bwihuse buzwi nka Rapid test.

Mu bindi bajyanye no kwirinda COVID-19, Abanyarwanda basabwe kwikingaza mu buryo bwuzuye no gushimangira inkingo kugira ngo bemererwe kujya mu modoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange.

Abanyarwanda kandi barasabwa kwambara agapfikamunwa mu gihe bari ahantu hafunganye hatari umwuka uhagije kandi bahahuriye n’abandi bantu benshi.

Inama y’Abaminisitiri yemeje bamwe mu bahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda barimo, Madamu Belen Calvo Uyarra, Ambasaderi w’Ubumwe bw’Uburayi mu Rwanda, asimbuye Nicola Bellomo wamaze gusezera Perezida Paul Kagame.

Hanemejwe Umuyobozi w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR), mu Rwanda Madamu Ndeye Aissatou Masseck Ndiaye.

Inama y’Abaminisitiri yashyizeho Abanyamabanga Bahoraho muri Minisiteri, Fidele Uwimana muri Ministeri y’Ibikorwa Remezo, na Richard Niwenshuti Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri y’Ubucuruzi n’inganda.

Muri Ministeri y’Imari n’Igenamigambi, Dr Patrick Hitayezu yagizwe Chief Economist, umwanya wahozeho Nyakwigendera Dr Thomas Kigabo.

Inama y’Abaminisitiri yanashyizeho Umuyobozi mukuru mushya w’Ibitaro byitiriwe Umwami Faysal, witwa Dr Zerihun Abebe.

AMAFOTO@Kagame Flickr channel

 

SOMA IBYEMEZO BY’INAMA Y’ABAMINISITIRI 

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?