BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

admin
Last updated: March 16, 2026 7:58 pm
admin
Share
SHARE

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi mu gusana ibikorwa byangijwe n’ibiza, bagarutse i Kigali barangije inshingano zabo nyuma y’amezi abiri.

Aba basirikare 100 bageze ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe kuri uyu wa Mbere tariki 16 Werurwe 2026, bari bamaze amezi abiri mu Gihugu cya Jamaica.

Ubwo bageraga i Kigali ku Kibuga cy’Indege, bakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Major General Alex Kagame, ari kumwe n’abandi basirikare bakuru muri RDF.

Major General Alex Kagame, mu izina ry’Ubuyobozi Bukuru bw’Ingabo z’u Rwanda, bashimiye aba basirikare ku kazi gakomeye, ubwitange no gutunganya neza inshingano zari zabajyanye bakoranye umwete n’ikinyabupfura byo ku rwego rwo hejuru.

Yababwiye ko nubwo bari bafite abayobozi bari babayoboye, bitari kubabuza guteshukwa ku nshingano zari zibajyanye, ariko ko bitwaye neza.

Ati “Ntabwo bareba mu mitima yanyu, ni nk’uko tuyobora Ingabo, ukaba uziyobora ziri he na hehe ariko wa muco wa RDF, za ndangagaciro nababwiraga zarabaranze pe. Ubwitange, ubushishozi, discipline [ikinyabupfura], gukorera hamwe,…ntakintu na kimwe twigeze tubumvaho mu gihe cy’amezi abiri mumazeyo.”

Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, Major General Alex Kagame kandi yibukije aba basirikare ko yaba bo ndetse n’abandi bose mu Ngabo z’u Rwanda, bagomba gukomeza kuranwa n’ikinyabupfura n’ubwitange mu nshingano zabo, zirimo n’iz’ubutumwa bundi bakoherezwamo.

Aba basirikare bari bahagurutse mu Rwanda tariki 14 Mutarama 2026, bakigera muri Jamaica, bahise batangira inshingano zo gusana ibikorwa remezo byangijwe n’inkubi y’umuyaga yiswe Hurricane Melissa.

Mu gihe cy’amezi abiri, iri tsinda ry’inzobere mu bwubatsi muri RDF, rifatanyije n’abo mu Ngabo za Jamaica (JDF), bakoze ibikorwa binyuranye birimo gusana inzu 62, ndetse no kubaka ibyumba by’inyongera by’amashuri no gukora neza inzu y’abana bafite ubumuga.

Mbere yo kugaruka mu Rwanda, mu cyumweru gishize, Umujyanama mu bya gisirikare mu biro by’Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Col Deo Mutabazi akaba anahagarariye inyungu z’Ingabo (Defence Attaché) z’u Rwanda muri Jamaica; yasuye Umugaba Mukuru w’Ingabo za Jamaica amushyikiriza ubutumwa bwa mugenzi we w’u Rwanda General Mubarakh Muganga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

2 Min Read
Mu Rwanda

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

3 Min Read
Mu Rwanda

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

2 Min Read
Mu Rwanda

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?