BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Abasirikare bizerereza mu mujyi wa Kinshasa bari guhigwa bukware

Abasirikare bizerereza mu mujyi wa Kinshasa bari guhigwa bukware

admin
Last updated: September 14, 2022 2:49 am
admin
Share
SHARE

Kuva ku wa 12 Nzeri 2022 mu Mujyi wa Kinshasa muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo hari kuba umukwabu wo gufata abasirikare birirwa bizerereza mu mujyi.

Abasirikare bo muri PM bariye karungu mu gufata abasirikare bizerereza mu mujyi wa Kinshasa

Ni umukwabu wiswe “Kin nta nzererezi za gisirikare” ugamije guca akajagari k’abasirikare ba leta birirwa mu mihanda abandi mu tubari banywa inzoga.

Batayo ishinzwe Imyitwarire mu Gisirikare (PM) kuva ku wa mbere irajagata umujyi wose, umusirikare uri gufatwa azenguruka atabiherewe uburenganzira mu masaha y’akazi ari gufatwa nk’inzererezi.

Uyu mukwabo wa Gisirikare uri gukorwa ku manywa n’ijoro, ugamije kugarura ikinyabupfura no gushyira ku murongo bamwe mu basirikare bigize indakoreka birirwa bazerera.

Komanda wa Batayo ya PM, Colonel Henri Hamuli yavuze ko ibi bizakorwa “haba mu nkambi cyangwa mu makomine yose y’umujyi wa Kinshasa.”

Ku munsi wa mbere w’iki gikorwa, abasirikare bose bafashwe bazerera boherejwe ku cyicaro gikuru cya Batayo ishinzwe Imyitwarire mu Gisirikare (PM) kugira ngo batange ibisobanuro by’ibyo bakoraga mu mujyi.

Abasirikare ba FARDC birirwa bizerereza mu Mujyi wa Kinshasa kenshi bavugwaho ibikorwa by’urugomo ndetse n’ubujura bukoreshejwe intwaro bagendana.

Mu bihe bitandukanye bamwe muri abo basirikare bagejejwe imbere y’Inkiko bashinjwa ibyaha bitandukanye birimo ubwicanyi, gufata ku ngufu n’ibindi bitandukanye.

Iyi Operasiyo iri gukorwa yitezweho kugabanya ibyo byaha ndetse no kubigisha kuguma mu bigo babarizwamo mu gihe badafite akazi mu mujyi.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

3 Min Read
Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?