BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abasirikare bakuru mu ngabo za Congo bagiranye ibiganiro na Perezida Museveni

Abasirikare bakuru mu ngabo za Congo bagiranye ibiganiro na Perezida Museveni

admin
Last updated: August 14, 2022 4:01 pm
admin
Share
SHARE

Ku wa Gatandatu Perezida Yoweri Museveni wa Uganda yagiranye ibiganiro n’abasirikare ba Offisiye Bakuru mu ngabo za Congo, FARDC.

Perezida Museveni aganira na bariya basirikare bakuru mu ngabo za Congo

Perezida Museveni yanditse ati “Naganiriye n’Abasirikare Bakuru (Generals) bavuye muri DRCongo bayobowe n’Umugaba Mukuru, Gen Célestin Mbala Munsense, ari kumwe na mugenzi we wa Uganda, Gen.Wilson Mbadi.”

Museveni yavuze ko baganiriye ibibazo bireba umutekano w’ibihugu byombi

Uganda na Congo bifatanyije mu bikorwa bya gisirikare byo kurwanya inyeshyamba za ADF zikorera mu Burasirazuba bwa Congo.

Nubwo bimeze gutyo, kuva ingabo za Uganda zajya muri Congo mu mpera z’umwaka wa 2021, ibitaro zagabye kuri ADF byarayishegeshe ariko uyu mutwe ntuhwema kwica abaturage b’abasivile.

Igitero giheruka cy’izi nyeshyamba za ADF, ni icyagabwe kuri Gereza yo mu Mujyi wa Butembo kigafunguza imfungwa zirenga 800 harimo n’abarwanyi bawo bari bahafungiye.

Uganda yagiye muri Congo kuwurwanya nyuma y’ibitero by’iterabwoba byibasiye Umujyi wa Kampala bikagwamo abantu abanda bagakomereka harimo n’icyagabwe ku Ngoro y’Inteko ishinga Amategeko mu Ugushyingo, 2021.

Muri Werurwe, 2022, Perezida Museveni yavuze ko ibikorwa byo kurwanya ADF, byiswe “Operation Shujaa” byatanze umusaruro, ndetse ko byageze ku ntego yabyo mu gusenya ibirindiro by’ibyihebe.

IVOMO: The NewVision

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
8 Comments
  • Umurungi Alice says:
    August 14, 2022 at 6:12 pm

    Gusa biragaragara ko Muhoozi atari ari muri iriya nama kandi byari ngombwa. Gusa ntaboneka muri iyi minsi yuko “Operation Rudahirwa” ayoboye yatangiye akazi kayo mu duce twinshi two mu karere.

    Reply
  • Umurungi Alice says:
    August 14, 2022 at 6:12 pm

    Gusa biragaragara ko Muhoozi atari ari muri iriya nama kandi byari ngombwa. Gusa ntaboneka muri iyi minsi yuko “Operation Rudahirwa” ayoboye yatangiye akazi kayo mu duce twinshi two mu karere.

    Reply
  • Dusingizimana alfred says:
    August 14, 2022 at 7:34 pm

    gusa nibashake umutekano womukarere urakenewe kubatuye akarere kibiyagabigari

    Reply
  • Dusingizimana alfred says:
    August 14, 2022 at 7:34 pm

    gusa nibashake umutekano womukarere urakenewe kubatuye akarere kibiyagabigari

    Reply
  • lg says:
    August 14, 2022 at 8:12 pm

    Aho kugirana imishyikirano nabene wabo kuko urugamba rwo batarushoboye icyo bashoboye nugusahura nokuvuga baririrwa biruka hirya no hino Congo iticaye hamwe ngo yemere ilishyikirano na M23 nabaMakanika intambara izahoraho ndabarahiye

    Reply
  • lg says:
    August 14, 2022 at 8:12 pm

    Aho kugirana imishyikirano nabene wabo kuko urugamba rwo batarushoboye icyo bashoboye nugusahura nokuvuga baririrwa biruka hirya no hino Congo iticaye hamwe ngo yemere ilishyikirano na M23 nabaMakanika intambara izahoraho ndabarahiye

    Reply
  • citoyen says:
    August 15, 2022 at 10:59 am

    Ntawandusha kumenya ururimi aba batipe bavugaga baganira na Museveni? Njya numva igifaransa gikakaye bavuga iyo bavuye gusahura za frigo na tv ngaseka nkihirika!

    Reply
  • citoyen says:
    August 15, 2022 at 10:59 am

    Ntawandusha kumenya ururimi aba batipe bavugaga baganira na Museveni? Njya numva igifaransa gikakaye bavuga iyo bavuye gusahura za frigo na tv ngaseka nkihirika!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?