BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Abasirikare 11 b’Uburusiya barashwe n’abantu bitwaje intwaro

Abasirikare 11 b’Uburusiya barashwe n’abantu bitwaje intwaro

admin
Last updated: October 16, 2022 10:27 am
admin
Share
SHARE

Ku kigo kitorezaho abasirikare b’Uburusiya, abantu bitwaje intwaro ku wa gatandatu barashemo abagera kuri 11.

Abagabo babiri barashe abasirikare 11 b’Uburusiya

Ubwo imyitozo yo kurasa yari irimbanyije, abagabo babiri batangiye kurasa abitoza ngo bazajye kurwana muri Ukraine, nk’uko ibiro ntaramakuru by’Uburusiya, Ria byabitangaje.

Minisiteri y’ingabo mu Burusiya ivuga ko bariya bagabo babiri ari abo mu gihugu cyahoze muri Leta y’Abasoviyeti ariko icyo gihugu nticyavuzwe izina.

Na bo ngo baje kuraswa barapfa muri iyo mirwano yabereye mu Ntara ya Belgorod mu Burusiya, ikaba ihana imipaka na Ukraine.

Muri kuri kurasana abantu 15 bakomeretse.

Ibiro ntaramakuru by’Uburusiya, Rai byasubiyemo itangazo rya Minisiteri y’Ingabo, ya kiriya gihugu.

Rigira riti “Mu myitozo yo kurasa ihabwa abantu bafite ubushake bwo kujya kurwana muri Ukraine, ibyihebe byarashe bikoresheje imbunda nto ku bantu ba ririya tsinda.”

Itangazo rikomeza rivuga ko “Kubera kuriya kurasana, abantu 11 bakomeretse barapfa. Abandi bantu 15 bagize ibikomere bitandukanye bajyanwa kwa muganga.”

Umuyobozi w’Intara ya Belgorod yavuze ko nta muturage we wapfuye cyangwa ngo akomereke.

Mu kwezi gushize Perezida Vladimir Putin yategetse ko abasirikare bashya ibihumbi 300 bahabwa imyitozo, bakaba bagizwe n’abigeze guhabwa amahugurwa ya gisirikare.

Uku guhamagara kwa Putin kwateye benshi kujya mu mihanda babyamagana, abandi babishoboye bahunga igihugu.

BBC ivuga ko nyuma ya ririya tangazo, umwe mu bari bashinzwe kwandika abajya mu gisirikare yarashwe n’abantu ku biro bye mu Ntara ya Siberia.

Mu cyumweru gishize Perezida Putin yatangaje ko abantu 200,000 bamaze kujya mu gisirikare, bityo ko atabona indi mpamvu yo kongera guhamagarira abanda kukijyamo.

ISOOKO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Pingback: UPDATES: Uburusiya bwarashe Kyiv bukoresheje indege zitagira abapilote – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

3 Min Read
Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?