BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abasigajwe inyuma n’amateka b’i Gihundwe bemerewe imirima ntibayihabwa

Abasigajwe inyuma n’amateka b’i Gihundwe bemerewe imirima ntibayihabwa

admin
Last updated: September 2, 2022 9:46 am
admin
Share
SHARE

Rusizi: Umurenge wasezeranyije abasigajwe inyuma n’amateka imirima yo guhinga none igihe cyo gutera imyaka kigeze batarayibona bavuga ko ikizere bari bafite cyo kuyihabwa cyashize. 

Ni imiryango 17 y’abasigajwe inyuma n’amateka ivuga ko batagira aho bahinga

Ni imiryango 17 y’abasigajwe inyuma n’amateka  batujwe mu mudugudu wa Tuwonane, mu Kagari Gatsiro mu Murenge wa Gihundwe, ho mu Karere ka Rusizi.

Bavuga ko basezeranyijwe n’Umurenge imirima yo guhinga, kugeza ubu igihe cy’ihinga kigiye kurangira  batarayihabwa mu gihe bari bizeye ko nibayibona bazahingamo imyaka izagabanya inzara bafite.

Icyakora ngo bagiye kubiro by’Akagari kugira ngo berekwe iyo mirima babibwiwe, bahageze bahabwa isabune.

SIMBARIKUBWABO Augustin ni umwe muri abo baturage yagize ati “Gitifu w’Umurenge yari yatwemereye imirima yo guhinga, twagiye ku Kagari ntacyo badutangarije twari twiteguye ko baduha amasuka, tugahinga abana bakabona ibyo kurya. Twaheze mu gihirahiro.”

MUKANDAYISENGA Beatrice ati “Badusezeranyije imirima, tugiye ku Kagari ntibayitwereka baduha isabune turataha.”

Iyi miryango bakomeza bavuga ko nta kizere bagifite cy’uko bazahabwa imirima bitewe n’uko igihe cyo gutera imyaka kigeze batarayihabwa.

Ubuyobobozi bw’Akarere ka Rusizi nabwo bushimangira ko iyo mirima ihari, ko bazayihabwa bitarenze muri Gashyantare 2023, mu gihembwe cy’ihinga B.

Icyo gihe ngo amasezerano y’abayikodesheje nibwo azarangira, iyo imirima izegurirwa abatishoboye bayihinge na bo biteze imbere.

DUKUZUMUREMYI Anne Marie,  Visi Mayor ushinzwe iterambere ry’imibereho myiza y’abaturage yagize, ati “Icyifuzo batugejejeho ni uko bacyeneye imirima yo guhinga. Muri aka kagari dufite ibisigara bya Leta byinshi byakodeshwaga n’abaturage, muri rusange amasezerano yabo azarangira mu kwa kabiri, tuzafata icyemezo nk’ubuyobozi bw’Akarere bajye gukodesha n’ahandi, iyi mirima tuzayegurira aba na bo bayihinge biteze imbere.”

Akarere ka Rusizi ni kamwe muri turindwi (7) tugize Intara y’Iburengerazuba, ubuso bwako ni Km2 940.95, gafite Imidugudu 596, Utugari 94, n’Imirenge 18. Imibare y’Ibarurarusange ry’ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR) yo muri 2012, igaragaza ko gatuwe n’abaturage 483 615.

MUHIRE Donatien
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?