BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abapolisi 144 bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo

Abapolisi 144 bagarutse mu Rwanda bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo

admin
Last updated: November 7, 2022 9:20 pm
admin
Share
SHARE

Abapolisi b’u Rwanda 144 bari bamaze umwaka mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo bageze mu Rwanda.

Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo bakiriwe i Kigali

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 7 Ugushyingo 2022, nibwo aba bapolisi bakiriwe ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe, aho babisikanye na bagenzi babo bagiye kumarayo nabo umwaka.

Umuyobozi w’Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya iterabwoba, CP Costa Habyara wari uhagarariye ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda, ubwo yakiraga aba bapolisi akaba yabashimiye imyitwarire myiza yabaranze mu gihe bari bamaze mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo, anabashimira uburyo bujuje inshingano zabo.

Aba bapolisi bageze mu Rwanda uko ari 144  babarizwa mu itsinda FPU III-4 bakaba bari bayobowe na SSP Mathias Muhire, ubutumwa bwabo bakaba babukoreraga mu murwa mukuru wa Sudani y’Epfo, Juba.

Ahagana saa tanu z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere, nibwo abapolisi 160 bagize itsinda rya FPU III-5 nabo bahagurutse i Kigali berekeza Juba gusimbura aba bari bamazeyo umwaka mu butumwa bw’amahoro, aho benshi muri bo ari abapolisikazi. Iri tsinda rya FPU III-5 rikaba ryo ryagiye riyobowe na SSP Speciose Dusabe.

Kugeza ubu u Rwanda rufite amatsinda 2 y’abapolisi muri Sudani y’Epfo, agizwe n’abapolisi 400.

U Rwanda ruri mu bihugu bya mbere bifite ingabo na polisi mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye mu bihugu nka Sudani y’Epfo na Centrafrique. Muri Gicurasi 2021 rwari ku mwanya wa gatanu mu bihugu 121 n’ingabo zirenga 5,332 harimo abagabo 4,784 n’abagore 547.

Mu bihugu ingabo na polisi zikoreramo ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, abaturage bazivuga imyato kubera ubudasa, ubumuntu, ibikorwa by’iterambere, ubuvuzi no gufasha abaturage kwishakamo ibisubizo biciye mu gukora umuganda.

Aba bapolisi bari bamazeyo umwaka
CP Costa Habyara yabashimiye uburyo bitwaye mu gihe bari bamaze mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Habimana epimake says:
    November 7, 2022 at 11:02 pm

    Banyita habimana ndi inyagatare ;Ndashimira abo baporisi bigihugu bakoze akazi kabo neza, kandi nabo bagenzi babo bagiye mubutumwa bwamahoro nabo bazitwareneza,murakoze.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?