BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, May 29, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Abanyeshuri n’umwarimu bakurikiranyweho gukubita umwana bikamuviramo urupfu

Abanyeshuri n’umwarimu bakurikiranyweho gukubita umwana bikamuviramo urupfu

sam
Last updated: May 28, 2025 5:47 am
sam
Share
SHARE

Umwana w’imyaka 13 yitabye Imana nyuma yo gukubitwa na bagenzi be biga ku Rwunge rw’Amashuri (G.S) Rumuri rwo mu Murenge wa Miyove mu Karere ka Gicumbi, akiruka abahunga, akagwa mu muferege, aho abamukubise bavuga ko babitegetswe n’umwarimu wabo.

Uwo mwarimu witwa Nibagwire Caline ngo yahaye abo banyeshuri amabwiriza yo gukubita mugenzi wabo kuko yari aje kurya kandi atize.

Bamaze kumukubita ngo yarabacitse ariruka agwa muferege ufata amazi ava ku mashuri ufite ubureburebure bwa m1.5 z’ubujyakuzimu. Ngo bamutegeye moto, ajyanwa ku kigo nderabuzima Miyove, ariko umuyobozi wacyo avuga ko uwo munyeshuri yahageze yapfuye.

Umurambo nta bikomere ufite bigaragara usibye ko ufite udusharure mu gatuza, bikekwa ko yakubise agatuza hasi arimo ahunga Abanyeshuri bamukubitaga.

Abanyeshuri bakekwa ndetse n’umurezi wabo watanze amabwiriza yo kumukubita bajyanwe gufungirwa kuri Sitasiyo ya Polisi ya Byumba.

Umurambo w’uwo munyeshuri wajyanywe ku bitaro bya Byumba ukaba ugomba koherezwa i Kigali ku kigo cy’ibimenyetso bya gihanga (RFI) kugira ngo ukorerwe isuzuma.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

DRC: Kabila yagiranye ibiganiro n’abanyamadini

Uwahoze ari Perezida wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Joseph Kabila, ari…

Hatangajwe itariki y’Ibirori byo kwita  Abana b’Ingagi izina

Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwatangaje ko umuhango ngarukamwaka wo Kwita Izina abana…

Marocco n’u Rwanda bigiye guhanganira kwakira Formula 1

Marocco n’ u Rwanda kimwe n’Afurika y’epfo ni bimwe mu bihugu bigiye…

Gen Mubarakh Muganga na bagenzi be bo muri Afurika bahuriye muri Kenya

Umugaba Mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Gen Mubarakh Muganga, yitabiriye inama y’abagaba bakuru…

Museveni ahamya ko Leta ya RDC ifite uruhare mu mutekano wazambye

Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda yahamije ko ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Leta igiye kwegereza abaturage uburyo bwo gushaka ibimenyetso bikoreshwa mu butabera

3 Min Read
Mu Rwanda

Rubavu: Polisi yafashe ibilo 500 by’ifumbire mvaruganda yari igiye kugurishwa mu buryo bwa magendu mu gihugu cy’abaturanyi

3 Min Read
Mu Rwanda

Umugore wibarutse akigera mu Rwanda avuye mu menyo ya FDLR, yahawe ibikoresho

1 Min Read
Mu Rwanda

Nyabihu: Abashumba batemanye umwe ahasiga ubuzima

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?