BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abanyeshuri ba INES Ruhengeri bahawe ubutumwa ku kwiyitirira “iby’abahanga bakoze”

Abanyeshuri ba INES Ruhengeri bahawe ubutumwa ku kwiyitirira “iby’abahanga bakoze”

admin
Last updated: October 24, 2022 8:54 pm
admin
Share
SHARE

Urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu Ishuri Rikuru ry’Ubumenyingiro, INES Ruhengeri, bibukijwe ko n’ubwo kwiga ari ukwigana, ariko kwandukura no kwiyitirira ibyo abahanga bakoze bidahagije ahubwo bagomba kwiyongereraho akabo kugira ngo ireme ry’uburezi ryifuzwa rigerweho.

Hatashywe inyubako izigirwamo n’abazakora icyiciro cya gatatu cya kaminuza

Ni impanuro bahawe kuri uyu wa 23 Ukwakira 2022, mu gikorwa cyo gutaha no guhesha umugisha inyubako izigiramo icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Masters), guha umugisha Ishusho ya Mutafatifu Yohana Pawulo wa II, no kumurika imishinga ikorwa n’abanyeshuri biga muri iri shuri bagamije kubahuza na ba rwiyemezamirimo batandukanye.

Mu butumwa bahawe na Nyiricyubahiro Musenyeri wa Diyoseze Gaturika ya Ruhengeri, akaba n’umuyobozi w’ikirenga wa Ines Ruhengeri, Musenyeri Harolimana Vincent.

Yasabye abiga muri Ines Ruhengeri kwitandukanya n’umuco wo gufata gusa ibiri ku mpapuro no mu bitabo by’abandi ariko bitabasha kubagirira umumaro, anabibutsa ko n’ubwo kwiga ari ukwigana atari ukwandukura ibyo abahanga bavuze ahubwo bakwiye kongeraho n’ibyabo kuko aribwo uburezi bufite ireme buzagerwaho.

Yagize ati “Icyo tubifuzaho ni ugutandukana n’umuco wo gufata mu mutwe gusa ibiri ku mpapuro no mu bitabo ariko bitagirira umumaro nyirabyo na n’umuryango muri rusange, ahubwo mushake ubumenyi bugaragarira mu musaruro ufatika ku byagezweho kandi bigirire umumaro abantu benshi.”

Akomeza agira ati “Nubwo kwiga ari ukwigana ariko si ukwandukura gusa cyangwa kwiyitirira ibyavuzwe n’abahanga ahubwo mukwiye kongeraho akanyu, kuko muheze mu cyo nakwita kudodesha byadindiza imiterere n’ireme ry’uburezi twifuza, twimakaze uburezi bufasha benshi, kandi  mubane mu bwubahane mubyo mukora byose.”

Hamuritswe n’Ishusho ya Mutafatifu Yohana Pawulo waragijwe Ines Ruhengeri

Abanyeshuri nabo biyemerera ko bagomba gushikama ku ntego yabo yo gukomeza guhanga udushya twinshi, batarindiriye kurangiza ngo basabirize akazi ahubwo aribo bazagatanga, bityo bahinduke umusemburo w’iterambere ryihuse kuko aricyo Igihugu kibifuzaho.

Iradukunda Emelance ni umwe muri bo yagize ati “Amahirwe tugira ni uko ubumenyi duhabwa budufasha kwihangira imirimo mishya, hari abakora imashini zikenerwa mu buhinzi n’ubworozi, abakora ibijyanye n’ikoranabuhanga cyane ko isi aho igeze muri byose ariryo riyoboye, abatunganya umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, ibikoresho bigezweho mu bwubatsi n’ibindi, ibi byose nta kabuza bizadufasha kugera ku iterambere turigezeho na bagenzi bacu n’Igihuhu muri rusange.”

Umujyanama wa Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Karake Ferdinand, yasabye INES Ruhengeri kurangwa n’ubufatanye mu gukomeza gusigasira ibyagezweho, ndetse bakarera abanyeshuri bazamura ubushobozi bwabo mu guhanga udushya kugira ngo iterambere ryihute, anibutsa abanyeshuri kurangwa n’indangagaciro zo gusigasira ibyagezweho banahanga udushya.

Yagize ati “Twe nk’ubuyobozi bw’Intara hari icyo dusaba Ines Ruhengeri, turasaba ubuyobozi bw’aha gukomeza ubufatanye kugira ngo ibyagezweho bidasubira inyuma,  twageze kuri byinshi ariko inzira iracyari ndende, abanyeshuri namwe ibyo mwatweretse n’ikimenyetso simusiga ko mugeze kure mu buvumbuzi, mubikorane umurava murangwe n’indangagaciro zo gusigasira ibyagezweho munakomeza guhanga ibishya.”

Kugeza ubu muri INES Ruhengeri habarurwa abanyeshuri basaga ibihumbi bitatu biga mu mashami atandukanye, barimo abanyamahanga 251 baturuka mu bihugu 15 ku migabane itandukanye y’Isi.

Yanditswe na Jean Claude BAZATSINDA

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Grace says:
    October 28, 2022 at 8:33 am

    Inyubako nshashya yahawe umugisha ni iyo mu cyiciro cya gatatu cya Kaminuza Masters ntago Ari icyakabiri

    Reply
  • Grace says:
    October 28, 2022 at 8:33 am

    Inyubako nshashya yahawe umugisha ni iyo mu cyiciro cya gatatu cya Kaminuza Masters ntago Ari icyakabiri

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?