BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abanye-Congo bigaragambije mu gihe Uhuru yari gusoza ibiganiro byabo

Abanye-Congo bigaragambije mu gihe Uhuru yari gusoza ibiganiro byabo

admin
Last updated: December 5, 2022 10:11 pm
admin
Share
SHARE

Byasabye ko Perezida Uhuru Kenyatta asubika ijambo yari kuvuga asoza ibiganiro bya gatatu bimaze icyumweru bibera i Nairobi bihuje impande zitandukanye zihagarariye Abanye-Congo.

Ibiganiro bya gatatu by’i Nairobi bimaz eicyumweru

Ubwo hari hategerejwe ijambo ry’umuhuza muri ibi biganiro, itsinda ry’Abanye-Congo ryakoze imyigaragambyo rivuga ko batahawe amafaranga bari bagenewe.

Ibi biganiro byatumiwemo bamwe mu bahagarariye imitwe irwanya Leta ya Congo, abagirwaho ingaruka n’umutekano muke n’intambara zibera mu burasirazuba bwa Congo, abahagarariye leta, ndetse n’imiryango itari iya Leta.

Perezida Uhuru Kenyatta wari urakaye yavuze ko hatabuze amafaranga, asaba ko abahawe amafaranga agenewe abitabiriye ibiganiro bagomba kuyasubiza, bityo na we akavuga ijambo ryo gusoza ibiganiro bigamije gushakira amahoro Congo.

Yagize ati “Nagira ngo mbasabe dusoze iyi nama, tuzahure ejo.”

Kenyatta yongeyeho ati “Turabizi ko dufite uburyo buhagije, kandi ndabizi ko nari umwe mu bantu bashinzwe gushakisha amafaranga yo gufasha muri ibi biganiro bigamije gushakira amahoro DRC.”

Yavuze ko bamuha umwanya akajya guhura n’abafite amafaranga ya bariya bitabiriye ibiganiro, ibibazo by’abantu ku giti cyabo bikazakemurwa ejo saa ine z’amanywa (10h00 a.m), hanyuma bagakomeza ibyabajyanye i Nairobi, byaba bitarangiye agasaba ko abategura ibiganiro batazongera guhabwa andi mafaranga.

Kenyatta yavuze nibiba ngombwa azarega bariya bantu ku bayobozi babo, kuko we “bamusuzuguye” bibwira ko atari umuyobozi mukuru.

Ati “Bajye aho barara bazane ibyo basabwa, ni uburenganzira bw’abari aha bahagarariye abo basize uwabo bataje hano.”

Ibiganiro by’i Nairobi bimaze icyumweru byaranzwe no kuba umutwe wa M23 utarabitumiwemo, ndetse n’abari bahagarariye Abanyamulenge bavuga ko babyikuyemo kubera ubwicanyi bakomeza gukorerwa.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Pingback: Imwe mu myanzuro yafatiwe i Nairobi mu biganiro by’Abanye-Congo – Umuseke
  • citoyen says:
    December 7, 2022 at 8:53 am

    Congo ni nk’isoko ry’amatungo niho usanga nta tungo na rimwe ryamenya aho riri butahe! Aba bamaze icyumweru cyose muri hoteli ntawe uzwi n’icyo ashinzwe cyangwa amaze muri kiriya gihugu. Abarwana, bafite impamvu ndetse n’imbaraga mwarabasize none ngo muraburana amafaranga ya misiyo!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?