BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abanye-Congo baba mu nkambi ya Mahama na bo bigaragambije

Abanye-Congo baba mu nkambi ya Mahama na bo bigaragambije

admin
Last updated: December 13, 2022 1:29 pm
admin
Share
SHARE

Impunzi z’Abanye-Congo zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama, mu Karere ka Kirehe bazindukiye mu myigaragambyo bamagana ubwicanyi bavuga ko bukorerwa bene wabo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Impunzi z’Abanye-Congo mu nkambi ya Mahama bakoze imyigaragambyo

Ni imyigaragambyo bazindukiyemo mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 13 Ukuboza 2022, aho bavuga ko bashaka kugaragariza Isi ihohoterwa riri gukorerwa Abanye-Congo bene wabo b’abatutsi muri Congo.

Iyi myigaragambyo ikaba yabereye imbere mu nkambi ya Mahama, mu Karere ka Kirehe, aho bamwe mu Banye-Congo bavuze ko bashaka kwereka amahanga ibiri gukorerwa bene wabo bavuga ikinyarwanda muri Congo, ndetse banasaba leta ya Congo kugira icyo ikora ikabihagarika.

Abitabiriye iyi myigaragambyo bakaba bakoze urugendo bagana ku biro by’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi muri iyi nkambi ya Mahama, mu butumwa bagendaga batanga bakaba bavugaga ko barambiwe ihohoterwa rikorerwa bene wabo.

Mu butumwa batanze bakaba bamaganye kandi n’imikoranire ya leta ya Congo n’umutwe ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda wa FDLR.

Bagira bati “Twamaganye ubwicanyi buri gukorerwa abatutsi muri Congo, bukorwa na leta ya Congo ifatanyije na FDLR, turabyamaganye, turabyamaganye.”

Kanyeshuri ni umwe mu mpunzi za Congo zicumbikiwe mu nkambi ya Mahama, aganira na RBA yavuze ko bashaka kwereka isi ko bahangayikishije n’ubwicanyi buri gukorerwa bene wabo basigeye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Ikibazo nyamukuru nuko twahunze ariko abasigaye bakabura inzira bacamo ngo bahunge, bakomeje gutotezwa, bicwa, bananyagwa ibyabo.

Icyo ni cyo cyaduteye agahinda bituma duhaguruka kugirango dufate uyu mwanya muremure, tuzenguruka, twamagana kugira ngo twumvishe abaduteze amatwi na leta ya kiriya gihugu, batwumve bunamure buriya bwicanyi, abantu bari gupfa bazira akarengane baborohereze.”

Kanyeshuri yavuze ko bahisemo kwigaragambya bajya ku cyicaro cy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi mu nkambi ya Mahama mu rwego rwo kugaragariza ikibazo Umuryango w’Abibumbye, ndetse n’umuryango mpuzamahanga, yashimangiye batazahagarara kumvikanisha ikibazo cy’ubwicanyi bukomeje gukorerwa bene wabo nubwo bitaca mu myigaragambyo.

Abanye-Congo bitabiriye imyigaragambyo bakaba basoje urugendo bakoraga rugana ku cyicaro cy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi mu nkambi ya Mahama, ahagana saa sita zo kuri aya manywa.

Iyi myigaragambyo y’Abanye-Congo bo mu nkambi ya Mahama mu Karere ka Kirehe, ikaba ije ikurikira iy’abacumbikiwe mu nkambi ya Kigeme mu Karere ka Nyamagabye.

Ubwicanyi bukorerwa abatutsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bukaba bwarafashe indi ntera, ubwo umutwe wa M23 wuburaga imirwano uhanganyemo na leta ya Congo, ibintu byatumye benshi bava mu byabo ndetse bamwe bakahasiga ubuzima, ari nako imitungo yabo isahurwa, inka zabo zigatemwa.

Ubuyobozi bwa M23 buvuga ko butazahwema kurebera abanye-Congo bene wabo bakorerwa ihohoterwa n’imitwe irimo  FDLR, Mai Mai n’indi ikorera mu Burasirazuba bwa Congo.

Impunzi z’Abanye-Congo ziri mu nkambi ya Kigeme zakoze imyigaragambyo

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Ndengejeho Pascal Baylon says:
    December 13, 2022 at 6:58 pm

    Hahahahaha! Ejobundi bigaragambije basaba kwitabwaho mu buzima bwabo bakizwa urusasu none binjiye mubya politiki ariko ntibakumirwa! Ibaze nawe! Umunyamakuru yabajije uwigaragambirizaga ku Kigeme aho ibyapa bafite byavuye kandi bavuga ko imyigaragambyo yaje itateguwe, maze umuturage nawe ati babituzaniye. Bivuze byinshi!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?