BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abanyarwanda barimo umugore ufite uruhinja bafungiwe i Goma

Abanyarwanda barimo umugore ufite uruhinja bafungiwe i Goma

admin
Last updated: August 29, 2022 1:02 pm
admin
Share
SHARE

Abaturage batanu bo mu Karere ka Rubavu bamaze icyumweru bafashwe n’inzego z’umutekano zo muri Congo, bakaba barajyanwe gufungirwa kuri Brigade i Goma.

Ibiro by’Akarere ka Rubavu

Amakuru y’uko abo baturage bafashwe yamenyekanye ku wa 22/08/2022.

Umwana witwa Nyirarukundo wari kumwe n’abafashwe ni we watanze amakuru ko bagenzi be bafatiwe ku butaka bwa Congo.

Na we yari yafashwe ariko aza gucika ababafashe agaruka mu Rwanda.

Amakuru avuga ko abaturage ari uwitwa NIRAGIRE Speciose w’imyaka 65, BYUKUSENGE Dative w’imyaka 30, uyu ari kumwe n’umwana we w’uruhinja rw’amezi atandatu.

Abandi ni UZAMUKUNDA Clementine w’imyaka 26, NYIRARUGENDO w’imyaka 24 n’umwana w’imyaka irindwi (7).

Bariya baturage ngo bafashwe n’Ingabo za Congo (FARDC), bagiye gutashya inkwi mu kibaya gihuza Rubavu na Congo, ariko ngo bari ku ruhande rwa Congo.

Abafashwe ni abo mu Murenge wa Busasamana, Akagari ka Gacurabwenge mu Mudugudu wa Nyarubuye.

Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse ku wa Kane w’icyumweru gishize yagiye kuganiriza abaturage, abasaba kunyurwa n’uko bameze aho kumva ko amakiriro y’ubuzima bwabo ari muri Congo.

Yagize ati “…Ukambuka bisanzwe ukumva ko ari ibisanzwe, harya ubwo bagutandukanye? Iki kintu cyatujemo twumva ko udashobora kubaho utambutse hariya hakurya. Kiriya gihugu ni icyanyu?”

Kambogo avuga ko abaturage b’i Rubavu bumva ko batakora ngo batere imbere, ngo umutima wabo uba uri hakurya muri Congo.

Yavuze ko abaturage badakwiye kuganya, ahubwo bakwiye kuvugana n’ubuyobozi bakamenya ibibazo bafite bakabafasha kubikemura.

Ubwo twakoraga iyi nkuru twari tutarabona igisubizo cy’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu ku cyaba kiri gukorwa ngo aba baturage barekurwe.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Umurungi Alice says:
    August 30, 2022 at 8:04 pm

    Ingendo za Perezida mu turere zaduhishuriye byinshi. Abategetsi bo mu nzego zo hasi ntibazi ibibazo abaturage bafite! Nonese urumva nkuyu Kambogo Ildephonse wo muri Rubavu azi ibibazo abaturage bafite? Yabashe se kubikemura atabyumva? Gusa ntawabura kwibaza niba ahakomoka! Ibimanuka akenshi nibyo bigira imvugo nkiyi idafite ireme!

    Reply
  • Umurungi Alice says:
    August 30, 2022 at 8:04 pm

    Ingendo za Perezida mu turere zaduhishuriye byinshi. Abategetsi bo mu nzego zo hasi ntibazi ibibazo abaturage bafite! Nonese urumva nkuyu Kambogo Ildephonse wo muri Rubavu azi ibibazo abaturage bafite? Yabashe se kubikemura atabyumva? Gusa ntawabura kwibaza niba ahakomoka! Ibimanuka akenshi nibyo bigira imvugo nkiyi idafite ireme!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?