BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Abantu ibihumbi basezeye Papa Benidict XVI

Abantu ibihumbi basezeye Papa Benidict XVI

admin
Last updated: January 5, 2023 6:52 pm
admin
Share
SHARE
Kuri uyu Kane tariki ya 5Mutarama 2023, abantu barenga 60,000 bitabiriye umuhango bakoraniye wo gushyingura Papa Benedict XVI wapfuye afite myaka 95. 
Papa Benedict XVI yashyinguwe
Ni umuhango wayobowe na Papa Francis urimo gushyingura uwo yasimbuye, ibintu by’imbonekarimwe mu mateka ya Kiliziya.

Umurambo we wari mu isanduku isanzwe y’urubaho kandi wari utwawe ku mbaho zambitswe igitambaro ubwo wasohorwaga muri Bazilika yitiriwe mutagati Petero.

Abategetsi b’Ubutaliyani n’Ubudage, igihugu yavukiyemo akitwa Joseph Ratzinger, mbere y’uko aba umushumba wa Kiliziya Gatolika, nibo gusa batumiwe mu buryo buzwi na Vatican.

Abandi bitabiriye uyu muhango barimo abasenyeri barenga 400 n’abapadiri 4000  n’ababikira benshi.

Mu bandi bategetsi bakomeye bitabiriye uyu muhango barimo nyina w’umwamikazi wa Espagne, n’Umwami Filipo w’Ububiligi n’umugore we Mathilde.

Abakuru b’ibihugu bya Pologne, Slovenia, Portugal na Hungary nabo bari i Roma, kimwe na Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu w’Ubufaransa Gerard Darmanin.

Itorero Orthodox ry’Uburusiya rihagarariwe muri uyu muhango na Anthony of Sourozh.

Papa Francis , wasomye Misa ari mu kagare , agaragara nk’ufite intege nke ,yashimye Imana ko imuhamagaye nawe akumvira ijwi.

Yagize ati“Benedict, nshuti idahemuka y’umukwe, ibyishimo byawe nibyuzure ubwo wumvise ijwi rye, ubu n’iteka ryose.”

Mu minsi itatu ishize abasaga 200,000 baje gusezera ku murambo wa Papa Benedict wari muri Bazilika ya Mutagatifu Petero.

Papa Francis wamusimbuye yasomye Misa ari mu kagare afite intege nke

Yamusabiye umugisha
TUYISHIMIRE RAYMOND / UMUSEKE.RW
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

2 Min Read
Mu mahanga

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

1 Min Read
Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?