BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abantu 8 bakubiswe n’inkuba umwe ahita ahasiga ubuzima

Abantu 8 bakubiswe n’inkuba umwe ahita ahasiga ubuzima

admin
Last updated: October 20, 2022 9:10 am
admin
Share
SHARE

Rutsiro: Abantu umunani bo mu Murenge wa Boneza bakubiswe n’inkuba ubwo imvura yarimo igwa, umwe muri bo ahita ahasiga ubuzima abandi bajyanwa mu bitaro harimo umwe urembye.

Rutsiro inkuba yakubise abantu umunani umwe ahita apfa

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki 19 Ukwakira 2022, ahagana saa kumi n’ebyiri n’igice (18h00) mu Murenge wa Boneza, Akagari ka Remera mu Mudugudu wa Bigabiro.

Ni inkuba yabakubise ubwo bari bugamye imvura yinshi yagwaga ariko umwe muri bo akaba yarimo yogosha, naho undi we ari mu cyumba acaginze bateri ya telephone.

Ni mu gihe batandatu bo bagize ikibazo kidakanganye cyo guhungabanywa n’ikubita ry’iyi nkuba kuko bari hafi yahoo yakubitiye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Boneza, Mudaheranwa Christophe yahamirije UMUSEKE iby’aya makuru avuga ko batatu aribo bagize ikibazo cyane ndetse umwe muri bo akahatakariza ubuzima.

Ati “Ejo nimugoroba mu masaha ya saa kumi n’ebyiri n’igice haguye imvura nyinshi yarimo n’inkuba, ubwo rero inkuba yaje gukubita abantu batatu bagira ikibazo cyane, umwe ahita ahaburira ubuzima abandi babiri bajyanwa kwa muganga.”

Yavuze ko umwe yoherejwe ku bitaro bya Murunda, undi asigara ku Kigo Nderabuzima cya Kinunu.

Ati “Hari abandi batandatu na bo bagize ikibazo cy’ihungabana kuko bari hafi y’aho inkuba yakubitiye ariko bo mu kanya bagiye gutaha.”

Uwitabye Imana ni Ndayisaba wari ufite imyaka 17, naho uwoherejwe ku bitaro bya Murunda yitwa Irasubiza Emmanuel w’imyaka 20 na Niyigena Clemance uri gukurikiranirwa ku Kigo Nderabuzima cya Kinunu ku buryo we hari icyizere ko aza kumera neza vuba.

Akarere ka Rutsiro ni kamwe mu gakunze kwibasirwa n’inkuba cyane imirenge yegereye i Kivu, abahanga bakagaragaza ko bishobora kuba bifitanye n’amazi y’ikiyaga cya Kivu.

Mudaheranwa Christophe, uyobora umurenge wa Boneza aha niho ahera yongera kwibutsa abaturage ko bakwiye gukomeza kwitwararika cyane mu bihe by’imvura harimo kwirinda kugenda mu mvura, gukoresha imitaka y’ibyuma, kugama munsi y’ibiti, kwirinda gucomeka ibyuma bikoresha amashanyarazi nka radiyo, telephone n’ibindi kuko biri mu biteza umurindi ikubita ry’inkuba.

Ikibazo cy’abantu bakubiswe n’inkuba ntabwoi cyari giherutse muri uyu murenge wa Boneza kuko cyaherukaga mu mwaka ushize.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • gakumba says:
    October 20, 2022 at 11:03 am

    Rutsiro ni iwabo w’Inkuba !! Gusa tuge duhora twiteguye.Ni iki twakora?Ntitukumve ko ubuzima gusa ari ugushaka amafaranga,shuguri,politike,amashuli,etc…Nkuko imana yaturemye ibidusaba,tujye dushaka ubwami bw’imana cyane,twe kwibera gusa mu gushaka iby’isi.Abumvira iyo nama,nibo imana izazura ku munsi wa nyuma,ikabaha ubuzima bw’iteka nkuko bible ivuga.Abibera mu by’isi gusa,bible yerekana neza ko batazazuka.Soma Abagalatiya 6 umurongo wa 8.Ntitukemere ababeshya ko upfuye aba yitabye imana.Siko bible ivuga.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

Umuhanzi w’imideri Moses Turahirwa washinze ‘Moshios’ yagarutse imbere y’Urukiko

Umuhanga mu buhanzi bw’imideri, Moses Turahirwa wanashinze inzu y’imideri ya Moshions izwiho…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?