BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Abantu 25 bafunzwe bashaka guhirika ubutegetsi mu Budage

Abantu 25 bafunzwe bashaka guhirika ubutegetsi mu Budage

admin
Last updated: December 7, 2022 12:23 pm
admin
Share
SHARE

Polisi yo mu gihugu cy’u Budage yataye muri yombi abantu 25 bateguraga Coup d’Etat yo kuvanaho guverinoma iriho ku mugambi w’igikomangoma Heinrich XIII.

Polisi yataye muri yombi abashakaga guhirika ubutegetsi mu Budage

Nk’uko tubikesha BBC, aba bantu bafashwe biganjemo abahoze mu gisirikare, Inteko Ishinga amategeko na bamwe mu bagize ishyaka rya Reichsbürger.

Uyu mugambi wapfubijwe wo guhirika ubutegetsi mu Budage, ukaba wategurwaga ku isonga n’igikomangoma Heinrich XIII w’imyaka 71, uyu akaba  umuhungu wa Heinrich XI, ni mu gihe amakuru aturuka mu bitangazamakuru byo mu Budage byemeza ko yakoranye n’abayobozi bakuru muri leta 11 zo muri iki gihugu.

Uyu mugambi wo guhirika ubutegetsi kandi ushyizwe imbere na bamwe mu bo mu ishyaka ry’abaturage rya Riech, aho bagiye bagaragaza kenshi amatwara yo kuzana ubutegetsi bushya mu Budage.

Uretse aba bantu 25 bamaze gutabwa muri yombi na Polisi, hari abandi bagera kuri 50 bari inyuma y’uyu mugambo, aho ubushinjacyaha bwemejeko nabo bagomba kubazwa.

Minisitiri w’Ubutabera mu Budage, Marco Buschmann abinyujije kuri Twitter yavuze ko aba bantu bafashwe kandi bari gukorwaho iperereza kuko bashakaga kubangamira itegeko nshinga ry’iki gihugu.

Uyu mugambi ukaba wari umaze igihe utegurwa kuko wapanzwe kuva mu Ugushyingo 2021, aho bateguraga gufata mpiri ubutegetsi bifashishije bamwe mu bahoze mu gisirikare, ndetse igikomangoma Heinrich akaba aricyo kijya ku butegetsi.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Q says:
    December 7, 2022 at 10:53 pm

    Yeweeee!!ruri hose !!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

3 Min Read
Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?