BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro barishimira urwego bamaze kugeraho

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro barishimira urwego bamaze kugeraho

admin
Last updated: August 28, 2022 6:00 pm
admin
Share
SHARE

Abakora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda bavuga ko uko imyaka igenda isimburana bugenda butera imbere haba mu bucukuzi bwayo, mu bucuruzi ndetse no mu buryo bwo kuyongerera agaciro.

Abakora mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bishimira iterambere bamaze kugeraho

Abakora ako kazi bavuga ko mu myaka yashize batari bazi neza uburyo bwo kuyacukura n’aho bakura ibikoresho byo muri ubu bucukuzi.

Mu kiganiro kihariye yagiranye na UMUSEKE, Dushimimana Narcisse, umuyobozi w’ishami rishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko n’ubugenzuzi bw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Kigo gishizwe Mine, Peteroli na Gaz (RMB) yavuzeko n’ubwo hakiri imbogamizi ubu bucukuzi buri gutera imbere.

Mu mbogamizi bagihura nazo harimo kutagira ibiciro bihoraho ku masoko kuko bihindagurika.

Yagize ati“Twavuga ko ubu bwifashe neza icyakora bugenda buzamo ibibazo cyane cyane ibijyanye n’ibiciro bigenda bihindagurika , uko imyaka yicuma bigenda biba byiza, ibijyanye nuko bukorwa n’abagenda babwitabira bihagaze neza.”

Uyu muyobozi avuga ko mu rwego rw’ubushakashatsi Leta yashyizemo imbaraga mu gukora ubushakashatsi bw’ibanze nubwo hataramenyekana ingano n’ubwoko bw’amabuye ari mu bice bitandukanye mu gihugu hose.

Ati” abantu benshi barabyitabiriye abari mu bushakashatsi n’ubucukuzi tubona umubare ugenda uzamuka n’umubare munini w’abari mu bucuruzi bwayo n’abayongera agaciro.”

Yagiriye inama abakora ubu bucukuzi mu buryo butemewe kuko bifite amategeko abigenga abasaba kunyura mu nzira zemewe bakabisabira uruhushya.

Ati “Ubutumwa naha umuntu wese wifuza kubikora yabanza kubisabira uruhushya kubikora nta ruhushya ni icyaha giteganywa n’amategeko gihanirwa ”.

Iri terambere rijyana no kuba mu Rwanda hari uruganda rushongesha Gasegereti n’urutunganya Zahabu ,ni mugihe muri Kaminuza y’uRwanda hari ishuri ryigisha ibijyanye n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro ndetse n’irindi shuri ritangiye vuba naryo ryigisha ibijyanye n’ubu bucukuzi.

Mu Rwanda ahiganje ibikorwa by’ubucukuzi cyane ni mu Ntara y’Amajyepfo mu turere twa Kamonyi na Muhanga mu Mirenge y’aka Karere umwe muriyo niwo utabonekamo amabuye y’agaciro ariko nawo ubonekamo ibumba ryiza mu gihugu,

Mu Ntara y’amajyaruguru ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bwiganje mu Turere twa Gakenke na Rulindo,mu ntara y’iburengerazuba harimo uturere twa Rutsiro, Ngororero habonekamo zahabu na Nyamasheke.

Mu Ntara y’Iburasirazuba amabuye y’agaciro aboneka cyane mu Turere twa Rwamagana ,kayonza na Gatsibo.

Amwe mu mabuye y’agaciro atandukanye aboneka hano mu Rwanda arimo ayo abantu basanzwe bazi nka Koruta,Gasegereti,Wolfram, Zahabu, n’amabuye y’amabengeza y’imitako.

Mu Rwanda haboneka n’amabuye ya Zahabu

MUHIRE DONATIEN / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Ubukungu

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubukungu

U Rwanda rwiteguye guhangana n’ingaruka z’intambara y’Amerika na Iran

5 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?