BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jan 24, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Abakinnyi ba APR bahawe impanuro z’ibukuru mbere yo guhura na mukeba

Abakinnyi ba APR bahawe impanuro z’ibukuru mbere yo guhura na mukeba

admin
Last updated: December 17, 2022 11:18 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC, bwasuye abakinnyi bubaha ubutumwa bukakaye burimo kubasaba gutsinda mukeba.

Abakinnyi ba APR FC basabwe gutsinda umukeba bakamushyira ku gitutu

Lt Gen Mubarakh Muganga uyobora APR FC ari kumwe na Maj Gen Eric Murokore, basanze abakinnyi mu mwiherero babagenera ubutumwa.

Chairman w’iyi kipe y’Ingabo, yabasabye ko bakwiye gutsinda umukino w’umunsi wa 14 wa shampiyona.

Ati “Duherukana i Rubavu dutsinda Rutsiro. Iyo ntsinzi inakomeze kuri uyu wa Gatandatu, dutsinde Rayon Sport twisubize uriya mwanya wacu kandi murabishoboye, abatoza ndetse n’abafana ba Rayon bari kuri Stade ubwo twahuraga na Rutsiro babonye ko ikipe ikomeye kuko baje kureba uko mukina.”

Yongeyeho ati “Kuri uyu wa Gatandatu mubereke ko nta gahunda yo gusubira inyuma ihari mubatsinda. Mbifurije amahirwe ku mukino w’uyu munsi.”

Mu ijambo rye Maj Gen Eric Murokore yababwiye ko  ibyishimo babahaye batsinda Rutsiro byakomereza no kuri Rayon Sport.

Ati “Twari twahuye mbere  yo gukina na Rutsiro ibyo twabasabye mwarabikoze, inama abatoza babahaye na zo mwarazikurikije tubizeyeho n’indi ntsinzi kuri uyu wa Gatandatu. Mubatsinde mubashyire ku gitutu kuko murabarusha cyane nta mwanya wo gusubira inyuma, tugane imbere kuko muri kandi ingabo duhora tujya imbere.”

Ikipe ya APR FC niramuka itsinze umukino w’uyu munsi, irahita igira amanota 27 hasigaremo ikinyuranyo cy’atatu hagati ya yo na Rayon Sports.

Chairman wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yongeye kubibutsa ko gutsinda mukeba babishoboye
Maj Gen Eric Murokore yahaye ubutumwa abakinnyi ba APR FC
APR FC yaganirijwe Mbere yo guhura na Rayon Sports

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • BYINZUKI JEAN BAPTISTE says:
    December 17, 2022 at 1:04 pm

    Ubwo birumvikana nyine ba Generals bamaze kugura abasifuzi ngo baze kubakorera umuti…….

    Niyo mpamvu Apr izahora ijya hanze itsindwe itarenze umutaru……….

    Reply
  • Albert Mugabo says:
    December 17, 2022 at 2:10 pm

    Jean Baptiste, ibitekerezo nk’ibyo byawe bisubiza abanyarwanda inyuma.

    Reply
    • BYINZUKI JEAN BAPTISTE says:
      December 17, 2022 at 9:27 pm

      Musaza ibi ni ibitekerezo byanjye kandi ntabwo ari itegeko ko abantu bose bumvq ibintu kimwe ….

      Apr yakwemeye igashyira agapira hasi igahatana nta manyanga arimo maze itware ibikombe isohoke yabikoreye……..

      Ubuse ku gihe cya ba Karekezi, Gatete, Mike Silengo, Elias,Ramazan, Eric,…….Apr ntiyari ikomeye ntiyatsindaga tukemera ikajya no hanze ikagera kure ……..?

      None se kuki itakirenga umutaru?

      Generals banyu bemere bahatane nahubundi ntaho amanyanga azabageza……..
      Muzahora mutwara ibikombe byinaha mwiriwe muririmba amatsinda……….ariko ntimuzigera muyageramo kuko nta na rimwe ikinyoma kizigera gitsinda.

      Reply
  • Rukundo says:
    December 17, 2022 at 7:10 pm

    RAYON IMBERE YA APR YABAYE NYAKATSI ABAKINNYI BA APR BAMENYE KO GUTSINDA TEAM IYARIYO YOSSE ARI AMANOTA 3 .NI BAHOZE RERO NAHO GUTEGURA RAYON GUSSA NTAHO BIZATUGYEZA KUKO YO TUYITSINDA BURI MUNSI THX

    Reply
  • Etienne says:
    December 18, 2022 at 7:45 am

    Bwana Byinzuki Jean Babtiste, ibitekerezo byawe kabisa nibyubahwe ariko ugerageze kugabanya umujinya noguhubuka muri sports. Bigaragara ko udakurikira aho isi igeze kuko niba buri munsi muvuga ibintu bimwe byurwitwazo mwagombye guhindura. Nonese rayon sport yo nukuvugako ntamafr igira yokugura abasifuzi? Ko mubona ayo mwirirwa mugura abakinnyi nabatoza batabafitiye umumaro? Nonese wowe kubwa karekezi, gatete na Elias ibigambo byanyu byokugura abasifuzi kwa APR ntibyabagaho? Nawe shyira agapira hasi weguheranwa ningengabitekerezo idafite aho ishingiye.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

2 Min Read
Imikino

CAN 2025: Maroc na Senegal zabonye itike ya ½ 

4 Min Read
Imikino

Bugesera FC yongeye gukora mu nkovu Rayon Sports FC

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?