Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe na Perezida Paul Kagame, yemeje amateka arimo Iteka rya Minisitiri ryemeza ifungurwa ry’agateganyo ku bantu 1874 bakatiwe n’inkiko.
Edda Mukabagwiza wahoze ari Visi Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite, yagizwe Perezida w’Inama y’Ubujurire ku Mpunzi n’abasaba sitati y’ubuhunzi.
Ni mu gihe Uwimanimpaye Jeanne d’Arc yagizwe Umuhuzabikorwa w’lkigo Ngororamuco cya Gitagata asimbuye Bahame Hassan wari umuyobozi wacyo, ubu akaba arimo gukurikiranwa mu butabera nyuma yo gukekwaho gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina kuri bamwe mu bajyanwaga kugororerwa muri iki kigo.
