Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu mashusho yasakaye ku mbuga nkoranyambaga, kuri uyu wa Mbere, tariki ya 2 Werurwe 2026, bakubitira ndetse bakurura umukobwa mu muhanda.
Uyu mukobwa yakubitiwe mu muhanda rwagati mu Mujyi wa Musanze mu gitondo cyo ku Cyumweru tariki 1 Werurwe 2026 .
Ayo mashusho agaragara uyu mukobwa akubitwa na bo basore , bamukandagira hejuru ndetse banamukurura imisatsi aryamye hasi mu muhanda.
RIB yavuze ko iperereza rikomeje kugira ngo dosiye yabo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP. Rutikanga Boniface, yahamije ko aba basore bamaze gufatwa kuri ubu bakaba bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Muhoza mu Karere ka Musanze.
ACP Rutikanga kuri x yagize ati ” Abagaragaye muri aya mashusho bafashwe, bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Muhoza. Turashimira abagize uruhare mu gutanga amakuru.”
Itegeko riteganya ko icyaha cyo gukubita no gukomeretsa gihanishwa igifungo kiri hagati y’imyaka itatu n’itanu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi y’ibihumbi 500 Frw ariko atarenze miliyoni 1 Frw .
