BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abacanshuro b’Abarusiya binjiye byeruye mu rugamba rwo guhashya M23

Abacanshuro b’Abarusiya binjiye byeruye mu rugamba rwo guhashya M23

admin
Last updated: January 5, 2023 5:10 pm
admin
Share
SHARE

Abacanshuro b’Abarusiya bo mu itsinda rya Wagner binjiye byeruye mu rugamba rwo guhangana n’umutwe wa M23 mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Abacanshuro ba Wagner mu mihanda y’i Goma na FARDC

Abacanshuro ba Wagner Group barwana aho bahawe ifaranga ritubutse bagaragaye bidegembya mu Mujyi wa Goma barikumwe n’ingabo za FARDC.

Amakuru avuga ko Wagner Group ari impano idasanzwe Congo yahawe n’igihugu cy’Uburusiya gicuditse na Tshisekedi.

Usibye Wagner Group, Uburusiya buherutse guha indege z’intambara Leta ya Congo n’ibindi bikoresho bya gisirikare birimo imbunda kabuhariwe zo kwirukana M23 no guhangana n’u Rwanda mu gihe byaba ngombwa.

Wagner Group ngo yahawe misiyo yo gufasha ingabo za Congo n’imitwe bafatanyije irimo FDLR, Mai Mai n’iyindi kwigarurira uduce twose M23 yafashe muri Teritwari ya Rutshuru na Masisi.

Umugaba mukuru w’ingabo za M23, Gen Sultan Emmanuel Makenga aherutse kuvuga ko abarwanyi ba Wagner bakorana na FARDC, bigaragaza ko guverinoma ya Congo idashaka amahoro.

Icyo gihe yabimenyesheje imiryango mpuzamahanga n’ibihugu bidacana uwaca n’Uburusiya birimo Amerika n’Ubufaransa.

Hari ifoto yasakaye ku mbuga nkoranyambaga igaragaza indwanyi yo muri Wagner yarasiwe mu mashyamba yo muri Congo, icyo gihe M23 yavuze ko uzayishozaho intambara wese izamukubita nta kubabarira.

Hagati aho, Abanyekongo benshi, bavuga ko barambiwe umubano n’ibihugu byo mu burengerazuba, bashinja kubateza akaga, bemeza ko Uburusiya aricyo gisubizo cy’ibibazo by’intambara zayogoje uburasirazuba bwa Congo.

Mu bihe bitandukanye Abanyekongo bagaragaye mu mihanda bafite ibyapa biriho amafoto ya Perezida Vladimir Putin basaba ko yabafasha kwivuna M23 n’u Rwanda.

Wagner Group yamenyekanye bwa mbere mu 2014 ubwo yari ishyigikiye abarwanyi bo muri Ukraine bashyigikiwe n’Uburusiya. Kuva icyo gihe, bagiye baboneka mu ntambara muri Syria, Mozambique, Sudan, na Centrafrique.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
6 Comments
  • Iradukunda Eram says:
    January 5, 2023 at 5:31 pm

    Aba bantu ko baje nabi ra? Harya ngo Wagner? ndumva ije nabi. ngo ije guhangana na M23 byaba ngombwa igahangana n’URwanda? babanze bahangane na M23 nibayishobora babone gushoza imyanduranyo ku uRwanda.

    Reply
  • emmanuel says:
    January 5, 2023 at 7:37 pm

    izontambara bazi gumanye iwabo bonadute umwanya wokurwanako dufite umwawo kwiyubakira urwanda rwizatwifuza

    Reply
  • Ndengejeho Pascal Baylon says:
    January 5, 2023 at 8:11 pm

    Njye numva Kisekedi atatumira abarusiya kandi afashwa n’abanyamerika – nibura mu mpapuro. Ariko kandi M23 nayo yakora amayeri yo guhimba buriya bufaatanye ngo asopanye umubano uri hagati ya Amerika na Kongo. Birasa n’aho aribyo birimo biba! Muri Goma hari abafaransa ndetse n’abanyamerika, M23 itandukanya ite aba Wagner?

    Reply
  • citoyen says:
    January 6, 2023 at 9:31 am

    Icyo maze kubona nuko nta gihugu na kimwe ku isi gishobora kurindwa n’abanyamahanga! Byose birangira mu kajagari n’ubwicanyi hagati y’abenegihugu ntakindi.

    Reply
  • Jack says:
    January 6, 2023 at 9:19 pm

    Kongo yabaye dumbuli kweli! kisekedi ntacyo atazazana,nibaze biyorere idorali ryo mu mabuye ubundi bicireho, Kong amaherezo izaba isibaniro ryibihugu bikomeye nka kuriya kwa ukrene

    Reply
  • Pingback: Ibyo gufatanya n’abacanshuro b’Abarusiya Congo yabyamaganiye kure – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?