BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Ababyinnyi bo mu Ntara nabo bashyizwe igorora

Ababyinnyi bo mu Ntara nabo bashyizwe igorora

admin
Last updated: January 4, 2023 12:29 pm
admin
Share
SHARE

Urutozi Gakondo rutegura amarushanwa yo kubyina nyuma yo guhemba abatsinze mu mujyi wa Kigali ubu bagiye no kwerekeza mu ntara zigize u Rwanda.

Iri rushanwa ryo kubyina rigiye no kubera mu Ntara

Iri rushanwa ku nshuro ya mbere ryabereye mu mujyi wa Kigali I Nyamirambo muri Club Rafiki ryegukanwa na Afro Monster Vipers ya Kimisagara yahawe 500.000Frw.

Urban Dancer School yitoreza kuri Club Rafiki yegukanye umwanya wa kabiri ihabwa sheki ya 300.000Frw naho Afro Mirror nayo ya Kimisagara yegukanye umwanya wa gatatu ihabwa sheki ya 100.000Frw.

Nyuma yabatuye muri Kigali iri rushanwa rigiye gukorerwa no mu Ntara.

Rukundo Patrick umwe mu bategura aya marushanwa yabwiye Umuseke ko babisabwe n’abantu benshi bahatuye.

Ati “Tugiye gukora iyi competition no mu ntara Kuko twabisabwe n’abana benshi bari mu ntara ngo nabo tubahe amahirwe.”

Avuga ko bazajya Iburengerazuba, Amajyepfo, Amajyaruguru n’Iburasirazuba naho igikorwa cya nyuma kibere muri Kigali.

Ati “Turacyari gushaka aho bizabera, tuzabitangaza mu minsi iri imbere hamwe n’amataliki.”

Irushanwa baheruka ryabaye taliki ya 30 Ukuboza 2022, hiyandikishije amatsinda atandatu. ‘The Weapons ya Rubavu, African Mirror ya Kimisagara, Afro Mirror y’i Nyamata, Urban Dance yo kuri Club Rafiki, Afro Monster Vipers ya Kimisagara, Tremblement de terre yaturutse Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.’

Tizzo, Jack B, Olivis na Jox Parker nibo bari bagize akanama nkemurampaka
Tizzo, Jack B, Olivis na Jox Parker nibo bari bagize akanama nkemurampaka
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

2 Min Read
Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Imyidagaduro

Yampano yakiriye agakiza, ateguza ubukwe n’umukunzi we ‘baruhanye’

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?