BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 26, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Gen. Muhoozi yashimangiye ko ashyigikiye Israel mu ntambara ya Iran

Gen. Muhoozi yashimangiye ko ashyigikiye Israel mu ntambara ya Iran

admin
Last updated: March 26, 2026 12:14 pm
admin
Share
SHARE

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yagaragaje ko ari inyuma ya Israel mu ntambara iki gihugu kigiye kumara ukwezi gihanganyemo na Iran ku bufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Yabitangaje mu gitondo cyo ku wa 26 Werurwe 2026 mu butumwa bwinshi uyu muyobozi yabyutse ashyira kuri X.

Ati “Twifuza ko intambara yo mu Burasirazuba bwo Hagati irangira ubu. Isi imaze kuyirambirwa, ariko ibiganiro ibyo ari byo byose biganisha ku gusenya cyangwa gutsinda Israel bizatuma natwe twinjira mu ntambara. Turi ku ruhande rwa Israel.”

Mu bundi butumwa Gen. Muhoozi yasobanuye ko bari ku ruhande rwa Israel kuko ari abakirisitu cyane ko ngo bacunguwe na Yesu Kirisitu ushobora kubabarira ibyaha, yibutsa ko na Bibiliya igaragaza ko Israel ari igihugu cyahawe umugisha.

Gen. Muhoozi ati “Twashoboraga kuba twafashe Tehran mu masaha 72 tutanarashe, ariko ntabwo bajya bumva umwirabura. Kuki warasa ku baturage bagushyigikiye?”

Gen. Muhoozi yakunze kugaragaza uburyo akunda Israel, kuko mu kwezi gushize na bwo yavuze ko Uganda igiye kubaka ikibumbano mu guha icyubahiro Col. Yonatan Netanyahu, kikazubakwa ku Kibuga Mpuzamahanga cya Entebbe.

Mu 1976 Col. Yonatan Netanyahu ni we wayoboye igikorwa gihambaye cyo kubohoza Abayahudi 100 bari bashimutiwe muri Uganda, icyakora nubwo bacyuwe we yararashwe, arapfa. Byabaye ku butegetsi bwa Idi Amin.

Gen Muhoozi yavuze ko iki gikorwa kizaba ikimenyetso cy’umubano mwiza hagati ya Uganda na Israel.

Intambara Israel ihanganyemo na Iran yatangiye ku wa 28 Gashyantare 2026. Imaze kugwamo abarenga 3.200 barimo abasivile bagera kuri 1.400. Yaguyemo n’abayobozi batandukanye barimo na Ali Khamenei wari Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran n’abandi bayobozi bakuru ba Iran.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDF na TPDF byumvikanye ku ngamba zigamije kongera ubufatanye

Ingabo z’u Rwanda (RDF) n’iza Tanzania (TPDF) kuri uyu munsi basoje inama…

Maduro agiye gutangira kuburanishwa muri Amerika

Nicolas Maduro wahoze ayobora Venezuela wakuwe ku butegetsi ndetse agafatwa na Leta…

Gen. Muhoozi yashimangiye ko ashyigikiye Israel mu ntambara ya Iran

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yagaragaje ko ari inyuma…

Minisitiri Nkulikiyinka yashyikirije Minisitiri w’Intebe wa Maurice ubutumwa bwa Perezida Kagame

Ku wa 25 Werurwe 2026, Minisitiri w’abakozi ba leta n’umurimo Amb. Christine…

Umuyobozi mu Ngabo za Loni muri S.Sudani yasuye iz’u Rwanda azibutsa ko zigomba guhora ziteguye

Umugaba w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, ushinzwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

Perezida Kagame yabajije Abayobozi barya ruswa impamvu bigereranya n’ikibi

3 Min Read
Mu Rwanda

Nyagatare: Hangijwe ibiyobyabwenge birimo urumogi na kanyanga bifite agaciro k’arenga miliyoni 56 frw

1 Min Read
Mu Rwanda

Musanze: Yafatanywe ibiro bisaga 6 by’urumogi arimo kurukwirakwiza

2 Min Read
Mu Rwanda

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?