BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 24, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida Kim Jong Un yigambye ko nta kizamubuza gukora intwaro za nucléaire

Perezida Kim Jong Un yigambye ko nta kizamubuza gukora intwaro za nucléaire

admin
Last updated: March 24, 2026 9:52 am
admin
Share
SHARE

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yavuze ko nta kizabuza igihugu cye umugambi wo gukomeza gukora intwaro za nucléaire, ndetse no gufata Koreya y’Epfo nk’umwanzi w’ibihe byose.

Ibi Perezida Kim yabigarutseho mu ijambo yagejeje ku bagize Inteko Ishinga Amategeko muri Koreya ya Ruguru nk’uko byatangajwe n’ikinyamakuru KCNA kuri uyu wa Kabiri.

Yavuze ko nta gishobora gusubiza inyuma umugambi wa Koreya ya Ruguru wo kuba mu bihugu bitunze intwaro za nucléaire no kurushaho kongera umubare wazo hagamijwe ubwirinzi.

Yakomeje avuga ko izi ntwaro ari ingenzi ku mutekano w’igihugu, ituze ry’akarere ndetse n’iterambere mu by’ubukungu.

Ati “Ukuri kw’Isi yo muri iyi minsi ni uko agaciro n’uburenganzira bw’ibihugu bifite ubusugire bihonyorwa n’ibindi bihugu. Ibi byigisha icyo bisaba ngo ibihugu bikomeze kubaho no kugira amahoro.”

Perezida Kim yavuze ko kugeza ubu afata Koreya y’Epfo nk’igihugu cy’abanzi, ndetse aburira abayobozi bayo ko nibagerageza gutera Koreya ya Ruguru nta mbabazi bazagirirwa.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kim Jong Un yigambye ko nta kizamubuza gukora intwaro za nucléaire

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yavuze ko nta kizabuza…

Uganda: Umusirikare wari waburiwe irengero yasanzwe iwe yapfuye

Igipolisi cya Uganda mu Karere ka Kabale cyatangiye gukora iperereza nyuma y’urupfu…

AFC/M23 yatanze impuruza ku mperuka iri kuba mu Minembwe

Umutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Werurwe, watanze…

Iran yahakanye yivuye inyuma iby’ibiganiro na Amerika byo kurangiza intambara

Minisiteri y'ububanyi n'amahanga ya Iran irahakana ko hari ibiganiro hagati ya Tehran…

Igisubizo Kabila yatanze abajijwe niba atabona ko ari ikibazo kuba aba ahari icyicaro cya AFC/M23

Joseph Kabila wigeze kuba Perezida wa DRC, avuga ko kuba ari i…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Colombia: Indege yarimo abasirikare 100 yahanutse

1 Min Read
Mu mahanga

M23 yateye utwatsi ibyo kuvana ingabo i Bukavu

1 Min Read
Mu mahanga

RDC: ADF yishe abantu 50 mu cyumweru kimwe

1 Min Read
Mu mahanga

Kenya: Abakora mu by’indege bateguje indi myigaragambyo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?