Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Iran irahakana ko hari ibiganiro hagati ya Tehran na Washington
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Iran yasohoye itangazo, igira iti: “Turahakana ibyo Perezida wa Amerika Donald Trump yavuze ku bijyanye n’ibiganiro biri kuba hagati ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Repubulika ya Ki-Isilamu ya Iran.”
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yongeraho ati: “Repubulika ya Ki-isilamu ya Iran ikomeje kugendera ku gitekerezo cyayo cyo kwanga ibiganiro ibyo ari byo byose mbere yuko intego za Iran muri iyi ntambara zigezweho.”
