BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 19, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Sudan: RSF yishe abarenga 17, isiga abarenga 120 bakomeretse

Sudan: RSF yishe abarenga 17, isiga abarenga 120 bakomeretse

admin
Last updated: March 19, 2026 5:06 pm
admin
Share
SHARE

Imirwano yongeye gufata intera hagati y’ingabo za Leta ya Sudan n’abarwanyi b’Umutwe witwaje intwaro wa RSF aho ku wa 18 Werurwe abarenga 17 bahitanywe nayo mu gihe abarenga 120 bakomeretse.

Ni ibyatangajwe n’umuryango wa MSF ushinzwe ubutabazi no kwita ku mbabare wavuze ko wakiriye inkomere zisaga 123 z’abakomerekeye muri iyo mirwano, aho abarenga 17 bahasize ubuzima mu gihe abandi bakiri kwitabwaho n’abaganga.

Ingabo za Leta ya Sudan zavuze ko abo bantu babuze ubuzima n’abakomeretse bikomeye bagabweho ibitero n’abarwanyi b’umutwe wa RSF, nyuma baje guhangana n’icyo gisirikare cya Sudan, bikarangira umugambi wabo wo gukomeza kugaba ibitero uburijwemo.

Iyi mirwano ikomeje gukaza umurego hagati y’ingabo za Sudan n’abarwanyi b’Umutwe witwaje intwaro wa RSF yatangiye muri Mata mu mwaka wa 2023, kugeza ubu imaze guhitana abarenga ibihumbi 40 nk’uko bitangazwa n’imibare y’Umuryango w’Abibumbye.

Mu gihe iyi ntambara ikomeje gukaza umurego, igihugu cya Tchad gituraniye Sudan cyamaze gufunga umupaka wahuzaga ibyo bihugu byombi mu rwego rwo kwirinda ko iyo mirwano yagera ku butaka bwayo, uretse ko ingabo za Sudan zivuga ko bamwe mu barwanyi ba RSF bakomoka aho muri icyo gihugu cya Tchad.

Imiryango itandukanye irengera ikiremwamuntu ku isi ikomeje gusaba ko habaho ibiganiro hagati y’impande zihanganye mu rwego rwo guhagarika imirwano ikomeje guhitana abasivili, ibintu Leta ya Sudan kugeza ubu idakozwa.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Kenya: Abakora mu by’indege bateguje indi myigaragambyo

Ihuriro ry’abakora muri serivisi z’indege muri Kenya (KAWU) ryatangaje ko abanyamuryango baryo…

Nyagatare: Hangijwe ibiyobyabwenge birimo urumogi na kanyanga bifite agaciro k’arenga miliyoni 56 frw

Mu Karere ka Nyagatare, habereyemo igikorwa cyo kwangiza ibiyobyabwenge birimo urumogi na…

Sudan: RSF yishe abarenga 17, isiga abarenga 120 bakomeretse

Imirwano yongeye gufata intera hagati y’ingabo za Leta ya Sudan n’abarwanyi b’Umutwe…

Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa rimwe mu matorero akomeye muri Amerika

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 18 Werurwe 2026, Perezida…

Umunsi w’Ilayidi wamenyekanye

Ubuyobozi bukuru bw’ Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwatangaje ko umunsi mukuru…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Abadepite bo muri Kivu ya Ruguru barataka ubukene kubera kudahembwa

1 Min Read
Mu mahanga

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

1 Min Read
Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?