BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

admin
Last updated: March 16, 2026 7:40 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje ko u Burusiya bwemeye kutongera kohereza Abanyakenya mu ntambara yo muri Ukraine.

Ubu butumwa yabutangiye i Moscow kuri uyu wa 16 Werurwe 2026 nyuma yo kuganira na mugenzi we wo mu Burusiya, Sergei Lavrov.

Minisitiri Mudavadi wari wicaranye na Lavrov, yavuze ko hashingiwe ku biganiro impande zombi zagiranye, Abanyakenya “ntibazongera kwemererwa kujya mu gisirikare” cy’u Burusiya.

Muri Gashyantare 2026, inzego z’iperereza za Kenya zatangaje ko Abanyakenya barenga 1000 binjijwe mu gisirikare cy’u Burusiya, bajyanwa mu ntambara yo muri Ukraine.

Leta ya Kenya ivuga ko Abanyakenya 27 barwaniraga muri Ukraine bamaze gucyurwa, bitabwaho kugira ngo bakire ihungabana bahakuye kandi ko yifuza ko n’abandi bataha.

Minisitiri Lavrov yashimangiye ko abanyamahanga boherejwe mu ntambara yo muri Ukraine binjiye mu gisirikare hashingiwe ku mategeko y’u Burusiya, bityo ko nta kosa ryakozwe.

Uyu muyobozi ntiyemeje niba yemeranya na Mudavadi ku kutongera kwinjiza Abanyakenya mu gisirikare no kubohereza mu ntambara yo muri Ukraine.

Yabwiye abanyamakuru ko Kenya iteganya kuganira n’u Burusiya ku buryo Abanyakenya bajya babona imirimo i Moscow, binyuze mu nzira zemewe n’amategeko.

Muri Gashyantare 2026 Kenya yatangaje ko yafunze ibigo 600 bikekwa ko bifite aho bihuriye no kubeshya abaturage babo akazi gahemba neza mu mahanga.

Minisitiri Mudavadi yavuze ko kandi ashaka kugirana amasezerano afasha Abanya-Kenya kwisanga ku isoko ry’umurimo mu Burusiya.

Ati “Ntabwo dushaka ko ubufatanye bwacu n’u Burusiya bubonerwa mu bijyanye n’ibikorwa bidasanzwe muri Ukraine gusa. Umubano wa Kenya n’u Burusiya urenze ibyo.”

Ukraine iherutse kugaragaza ko abarenga 1700 bo mu bihugu 36 byo muri Afurika bahawe akazi ko kurwanira u Burusiya.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

2 Min Read
Amerika

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

1 Min Read
Amerika

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

1 Min Read
Amerika

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?