BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

admin
Last updated: March 12, 2026 8:32 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe ry’Umpira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza mushya w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda Amavubi ndetse n’iyabatarengeje imyaka 23 mu gihe cy’imyaka ibiri ariko ishobora kongerwa.

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 12 Werurwe 2026, ni bwo yahawe izi nshingano, ahabwa amasezerano y’imyaka ibiri ishobora kongerwa hashingiwe ku musaruro.

Uyu mwongereza watoje Amavubi hagati ya 2014 na 2015 ndetse muri icyo gihe, yatumye Amavubi agera ku mwanya wa 64 ku rutonde rwa FIFA, umwanya mwiza mu mateka yayo.

Ubwo yatozaga Amavubi yari yahawe inshingano zo gutegura igikombe cya Afurika cy’abakina imbere mu gihugu (CHAN) cyabereye mu Rwanda mu 2016, ndetse nyuma yo kugenda u Rwanda rugarukira muri ¼.

Asanze u Rwanda ari urwa 131 ku rutonde rwa FIFA, mu gihe agenda yasize ari urwa 68, umwanya mwiza rwagize mu mateka ndetse Amavubi ntiyigeze atsindirwa mu rugo atozwa na we.

Mu mikino irindwi yakinnye icyo gihe yatsinzwe umwe wa Congo Brazzaville anganya ibiri n’u Burundi na Maroc.

Mu mwaka ushize wa 2025, yagaragaje ko agifitiye ibyiyumviro u Rwanda nyuma yo gutsindira Nigeria iwayo, avuga ko ari “igihugu cyazamuye urwego mu mupira w’amaguru kuko nubwo ari gito, kibitse impano nyinshi muri ruhago.”

Asanze u Rwanda ruri kwitegura imikino ya FIFA Series 2026 izabera i Kigali, ndetse agakomerezaho imikino yo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2027 kuzabera muri Afurika y’Iburasirazuba mu bihugu bya Kenya, Tanzania na Uganda.

Mu gihe ari gutangira inshingano, azakomeza gukorana na Eric Nshimiyimana nk’umutoza wungirije wari warasigaranye Ikipe y’Igihugu nyuma yo gutandukana na Adel Amrouche.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?