BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 5, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Koreya ya Ruguru yagerageje misile zo mu bwoko bwa cruise zirasa kure cyane

Koreya ya Ruguru yagerageje misile zo mu bwoko bwa cruise zirasa kure cyane

admin
Last updated: March 5, 2026 1:26 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yayoboye umuhango wo kugerageza misile zo mu bwoko bwa “cruise” zageragejwe ziva ku bwato bushya bw’intambara bwa gisirikare bwo mu mazi bufite uburemere bwa toni 5 000, mbere y’uko ubwo bwato butangira gukoreshwa ku mugaragaro.

Perezida Kim yavuze ko igeragezwa ry’izo misile zavaga ku bwato bw’intambara bwa Choe Hyon mu nyanja zigwa ku butaka; ari ingenzi cyane mu kugaragaza ubushobozi bw’ubwo bwato bushya, yongeraho ko ari ikimenyetso gishya cy’ubwirinzi bw’igihugu.

Nyuma y’iryo gerageza ryo ku wa 04 Werurwe 206, Kim yasabye ko hakorwa andi mato y’intambara yo mu rwego rumwe cyangwa arusha ubushobozi asanzwe, kandi ko gushyigikira intwaro kirimbuzi mu ngabo zirwanira mu mazi biri gutera imbere.

Yagize ati: “Ingabo zacu zo mu mazi ziri kubaka ubushobozi bwo kugaba ibitero ziturutse munsi y’amazi ndetse no hejuru yayo kandi biri ku rwego rushimishije.”

Ikigo cya Leta cy’itangazamakuru cya Koreya ya Ruguru, (KCNA) cyatangaje ko Kim yavuze ko ibyo bigaragaza impinduka zikomeye mu kurinda ubusugire bw’igihugu.

Misile za cruise zishobora kugenda igihe kirekire zigendera hafi cyane y’ubutaka cyangwa hejuru y’amazi, zikoresha moteri nk’iy’indege ku buryo zikomeza kugenda kugeza ziguye ku ntego yazo.

Zishobora kugenzurwa mu nzira zikoresheje uburyo bwa gihanga bwa GPS cyangwa ubundi buryo bwo kuyiyobora ku buryo ishobora guhindura inzira igana ku ntego yayo, kandi zimwe zishobora kurasa mu ntera ya kilometero ibihumbi.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

Koreya ya Ruguru yagerageje misile zo mu bwoko bwa cruise zirasa kure cyane

Perezida wa Koreya ya Ruguru, Kim Jong Un yayoboye umuhango wo kugerageza…

Espagne ntiyumva impamvu yo gutera Iran

Minisitiri w’Intebe wa Espagne, Pedro Sanchez yanenze cyane ibitero Leta Zunze Ubumwe…

Abatishimiye urwego rwa Mituweli bashyizwemo bahumurijwe

Urwego rw’Igihugu rw’Ubwiteganyirize (RSSB) rurahumuriza abavuga ko bisanze mu rwego rwo kwishyura…

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026, iyobowe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Ishyingurwa rya Khamenei ryasubitswe

1 Min Read
Amerika

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

3 Min Read
Amerika

Kenya yafunze ukekwaho kujyana abaturage bayo kurwanira u Burusiya

2 Min Read
Amerika

Trump yasabye Netflix kwirukana umwe mu bayobozi bayo, imutera utwatsi

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?