Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko Abanyarwanda baba muri iki gihugu na Bahrain batekanye, kandi ko bari guhabwa ubufasha na serivisi uko babikeneye.
Izi nama zikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze na Ambasade y’u Rwanda muri UAE kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2026.
Muri iri tangazo, Ambasade ya Repubulika y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, yatangaje ko “yifuza kumenyesha Abanyarwanda bose batuye cyangwa basuye UAE n’Ubwami bwa Bahrain ko ikurikiranira hafi umutekano mu karere.”
Yakomeje igira iti “Abanyarwanda bose bo muri UAE na Bahrain bakomeje gutekana.”
Ivuga ko itsinda rya Ambasade n’abahagarariye Ibihugu byabo bafitanye imikoranire ya hafi n’Abanyarwanda bari muri ibi Bihugu, bari gukorana n’inzego zibishinzwe kugira ngo abaturage babone serivisi n’ubundi bufasha bwose bakenera.
Iti “Turagira inama abagize umuryango w’Abanyarwanda bose kubahiriza amabwiriza y’umutekano atangwa n’inzego zibifitiye ububasha mu Gihugu barimo.”
Nanone kandi Abanyarwanda bagiye mu bikorwa by’ubukerarugendo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) kwiyandikisha muri Ambasade kugira ngo boroherezwe kuba babona ubufasha bashobora gukenera.
Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, ni kimwe mu Bihugu biri kwibasirwa n’ibitero bya Iran mu ntambara ihanganishije Iran na Leta Zunze Ubumwe za America ifatanyije na Israel, aho Iran iri kugaba ibitero mu iki Gihugu kimwe n’ibindi byose America ifitemo inyungu.
