BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Feb 26, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Trump yasabye Netflix kwirukana umwe mu bayobozi bayo, imutera utwatsi

Trump yasabye Netflix kwirukana umwe mu bayobozi bayo, imutera utwatsi

admin
Last updated: February 25, 2026 6:16 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasabye ubuyobozi bwa Netflix imaze kubaka izina mu bucuruzi bwa filime n’ibiganiro, kwirukana Susan Rice mu nama y’ubutegetsi yayo.

Gushyamirana kwa Trump na Susan Rice kwaturutse ku magambo uyu mugore yavuze mu kiganiro yatumiwemo mu cyumweru gishize, ashimangira ko ibigo byinshi by’ubucuruzi byayobotse Trump bizabiryozwa mu gihe, Aba-Democrates bazaba basubiye ku butegetsi.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Trump yagaragaje ko yarakajwe n’ibyatangajwe na Susan Rice, ashimangira ko uyu mugore akwiriye kwirukanwa mu buyobozi bwa Netflix.
Ati “Netflix ikwiriye kwirukana aka kanya Susan Rice wabaswe n’ivanguraruhu ndetse wikoma Trump, cyangwa ikazirengera ingaruka.”
Trump yakomeje avuga ko Rice nta mpano n’ubumenyi na buke afite mu bijyanye na politike.

Ubusabe bwa Trump bwatewe utwatsi n’Umuyobozi Mukuru wa Netflix, Ted Sarandos wavuze ko Trump “akunda gukorera ibintu byinshi ku mbuga nkoranyambaga. Ibi ni ubucuruzi, ntabwo ari politike.”

Uretse kuba mu nama y’ubutegetsi ya Netflix, Susan Rice usanzwe ari Umu-Democrates yakoze izindi nshingano zitandukanye zirimo kuba Umujyanama mu by’umutekano muri White House na Ambasaderi wa Amerika muri Loni mu gihe cy’ubutegetsi bwa Barack Obama.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Trump yasabye Netflix kwirukana umwe mu bayobozi bayo, imutera utwatsi

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yasabye ubuyobozi bwa Netflix imaze…

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

Mathjis De Clercq ukomoka mu Bubiligi akaba akinira Soudal Quick-Step Devo Team…

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

Imirwano ikomeye yongeye kubura hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’Ingabo za…

Bobi Wine ntakozwa ibyo kumvikana na Leta ya Uganda ngo ave mu bwihisho

Umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Uganda ntakozwa ibyo kumvikana…

MONUSCO na ICGLR byagiye gusuzuma uko umutekano uhagaze muri Uvira

Itsinda rihuriweho rihagarariye ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Indege 50 za Amerika zerekeje mu Burasirazuba bwo Hagati hakekwa intambara ikomeye

2 Min Read
Amerika

Taiwan yabaye ikibazo gikomeye mu biganiro bya Xi na Trump

2 Min Read
Amerika

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

2 Min Read
Amerika

Donald Trump akomeje guterwa imijugujugu n’abanyabigwi mu mupira w’amagaru ku Isi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?