Imirwano ikomeye yongeye kubura hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 n’Ingabo za FARDC, zishyigikiwe n’inyeshyamba za Wazalendo, i Mahanga, umudugudu wo mu gace ka Butsike ( Gurupoma ya Nyamaboko I), muri Teritwari ya Masisi iherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye zaho avuga ko ingabo za leta zageze i Buhimba, mu gace kegeranye na Walikale, zigaba igitero ku birindiro bya AFC / M23 i Mahanga.
Biravugwa ko nyuma yo guhangana, inyeshyamba za AFC/M23 zavuye mu mudugudu wa Mahanga.
Abaturage bavuganye n’itangazamakuru muri ako gace batangaje ko inyeshyamba za AFC / M23 zasubiye mu ishyamba riri kariya gace ka Sheferi ya Osso Banyungu.
Hagaragaye kandi guhunga kw’baturage, aho imiryango myinshi yihutiye kuva Mahanga ihungira mu bihuru bihakikije.
Ntacyo uruhande rwa AFC/M23 rwatangaje kuri aya makuru yo kwamburwa ibirindiro.
