BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Feb 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Min.Nduhungirehe yanenze AU ikomeje kurengera Kinshasa ikora ibitemewe n’amategeko birimo gukoresha abacancuro 

Min.Nduhungirehe yanenze AU ikomeje kurengera Kinshasa ikora ibitemewe n’amategeko birimo gukoresha abacancuro 

admin
Last updated: February 11, 2026 8:41 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma yuko hasohotse inkuru yemeza ko Erik Prince washinzwe umutwe wa Blackwater w’abarwanyi b’abacancuro yohereje bamwe na drone muri DRC, Minisitiri Olivier Nduhungirehe yibukije ko ikoreshwa ry’abacancuro ryakomeje kuranga buriya butegetsi bwa DRC, ari ugusuzugura Umuryango Mpuzamahanga bityo ko udakwiye gukomeza kubirebera.

Inkuru y’Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters, ivuga ko “uwashinze Blackwater Erik Prince yohereje umutwe wihaririye ushinzwe gukoresha drones no gufasha igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kurinda Umujyi wa Uvira.”

Reuters ivuga ko ibi byemejwe n’abantu bane boherejwe muri ubu butumwa, ivuga kandi ko uyu Erik Prince asanzwe yarahawe akazi n’ubutegetsi bwa Kinshasa kugira ngo abufashe mu by’umutekano no kubungabunga ibikorwa byo gukusanya imisoro iva mu bucukuzi buhambaye bw’amabuye y’agaciro.

Iki kiyamakuru kandi kivuga ko iyoherezwa ry’abarwanyi b’uyu mutwe mu Mujyi wa Uvira uherutse kurekurwa na AFC/M23, ari igikorwa kibaye icya mbere kigiye hanze cy’abarwanyi bihariye ba Erik Prince muri Congo.

Reuters ivuga ko umuvugizi wa Prince yanze kugira icyo avuga kuri iyi misiyo yoherejemo abarwanyi be muri Congo, ndetse na Perezisansi ya DRC kimwe n’Umuvugizi wa FARDC, bakaba banze gusubiza ibyo babajijwe n’iki kinyamakuru kuri iyi misiyo.

Gusa kivuga ko “umwe mu batanze amakuru, usanzwe akomeye mu buyobozi bw’igisirikare muri Congo, kuba hari abarwanyi bafite aho bahuriye na Leta Zunze Ubumwe za America, bishobora kubera ikibazo abarwanyi ba AFC/M23 bashobora kuba batifuza kurwana byeruye n’abarwanyi ba Prince.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yibukije ubutegetsi bwa Congo ko ibi byo gukoresha abacancuro binyuranyije n’amahame mpuzamahanga.

Yagize ati “Ndashaka kwibutsa ko gukoresha abacancuro b’abanyamahanga, byakunze kuranga Guverinoma ya DRC ari ugusuzugura Umuryango Mpuzamahanga, barenga ku masezerano ya OUA [yahoze ari Ubumwe bwa Afurika ubu ni Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe] yo kurandura ubucancuro muri Afurika, yemerejwe i Libreville tariki 03 Nyakanga 1977.”

Nduhungirehe kandi yavuze ko ibi bikorwa bihabanye “n’amasezerano mpuzamahanga abuza kwinjiza, gukoresha, gutera inkunga no gutoza abacancuro, yatorewe mu Nteko Rusange y’Umuryango w’Abibumbye yateranye tariki 04 Ukuboza 1989 (umwanzuro wa 44/34).”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, yibajije niba Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ndetse n’Umuryango mpuzamahanga bazakomeza kurebera hakomeza kubaho ibikorwa byo guhonyora amategeko mpuzamahanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Kenya: Abakora mu bwikorezi bwo mu kirere bateguje imyigaragambyo

Ihuriro ry’abatanga serivisi zijyanye n’ubwikorezi bwo mu kirere ryo muri Kenya, ryatanze…

Min.Nduhungirehe yanenze AU ikomeje kurengera Kinshasa ikora ibitemewe n’amategeko birimo gukoresha abacancuro 

Nyuma yuko hasohotse inkuru yemeza ko Erik Prince washinzwe umutwe wa Blackwater…

Leta ya DRC yareze MTN Group gukorera kubutaka bwayo nta burenganzira ibifitiye

Ikigo kigenzura itumanaho muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo ARPTC cyareze MTN…

Burundi: Ikibuga cy’indege cya Bujumbura cyugarijwe n’ibibazo by’itumanaho .

Ikibuga mpuzamahanga cy’indege cya Bujumbura mu Burundi, cyitiriwe Melchior Ndadaye, cyugarijwe n’ibibazo…

Umunyeshuri w’i Karongi akurikiranyweho gutema abarimu babiri

Byiringiro Innocent, umunyeshuri w’imyaka 17 wo mu Karere ka Karongi yatawe muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda rwakiriye abarenga 160 batahutse bavuye muri RDC

3 Min Read
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda bagiye kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bahawe impanuro

1 Min Read
Mu Rwanda

Icyambu cya Karongi kinyuzwaho toni 8000 za sima buri kwezi

3 Min Read
Mu Rwanda

Perezida Kagame yanenze abashinja u Rwanda gukorana na M23.

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?