BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jan 17, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu Rwanda > Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

admin
Last updated: January 16, 2026 1:57 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse igisasu cyo mu bwoko bwa grenade, cyahise gitegurwa kikanakurwaho ntawe kigizeho ingaruka.

Iki gisasu cyabonetse hafi y’Urwunge rw’Amashuri (G.S/Groupe Scolaire) rwa Kayanga, mu Mudugudu wa Kigabiro mu Kagari ka Kigabiro muri uriya Murenge wa Rutunga.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Gahonzire Wellars, yemeje aya makuru, avuga ko iby’iki gisasu byamenyekanye ubwo abaturage batangaga amakuru bavuga ko hari Grenade ibonetse mu murima wo muri kariya gace.

Yavuze ko cyabanje kubonwa n’abaturage bariho batashya inkwi, ariko ko kitari kiri mu butaka. Ati “Byagaragaraga ko cyarengewe n’ibyatsi ariko ukurikije uko hameze ni icya cyera.”

Ati “Polisi dufatanyije n’izindi nzego twagezeyo koko dusanga ni igisasu, ubwo icyakurikiyeho ni uburyo bwo kugitegura dufatanyije na Engineering Brigade ya gisirikare.”

CIP Gahonzire Wellars avuga ko iki gisasu cyahakuwe neza. Ati “Ntawe cyangije, ntawakomeretse cyangwa se ngo ahaburire ubuzima. Byagenze neza.”

mu bice binyuranye mu Gihugu kubera amateka y’Igihugu cy’u Rwanda cyanyuze mu bibazo bya Jenoside yakorewe Abatutsi yakozwe n’abarimo igisirikare cya Leta ya cyera, cyagendaga kinatega ibisasu mu bice bitandukanye.

Ati “Ni ibisasu biba byaragiye bitakara hirya no hino cyera, ngira ngo nk’uko muzi amateka y’Igihugu cyacu, Igihugu kiba cyarabayemo intambara, kuba rero hari ibisasu biba byaragiye bitakara hirya no hino, ntabwo byaba bitangaje, n’iki rero ni ko byagenze.”

CIP Gahonzire Wellars avuga ko ibi bigaragazwa no kuba kiriya gisasu cyari cyarashaje cyane, bikaba bigaragara ko ari icyo muri ibyo bihe.

Avuga ko bitewe n’ariya mateka u Rwanda rwanyuzemo, bishoboka ko hari ahakiri ibisasu nk’ibi, bityo ko aho bishobora kuboneka, abantu badakwiye gukuka umutima bumva ko bihungabanyije umutekano.

Ati “Ahubwo abaturage tubagira inama yo kugira amakenga mu gihe babonye ikintu batazi cyane cyane kiganisha mu kuba cyaba igisasu, kuko abaturage b’u Rwanda tunashimira ko bagira amakenga iyo babonye ikintu nk’icyo, bakomeze rero ugize icyo abona agire amakenga yo kuba yagikinsha cyangwa yagikoraho, ahubwo ahite ahamagara inzego z’umutekano kugira ngo zigikureho.”

CIP Gahonzire Wellars avuga ko ahenshi haboneka ibisasu mu bice binyuranye by’Igihugu, abaturage baba babigizemo uruhare, akabasaba gukomereza aho.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nyanza: Abayobozi ba Hoteli Urubuto batawe muri yomb

Polisi y’Igihugu (RNP) yatangaje ko yataye muri yombi bamwe mu bayobozi ba…

FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryashyikirije abasifuzi mpuzamahanga b’Abanyarwanda ibirango by’impuzamashyirahamwe…

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana…

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu…

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu Rwanda

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

2 Min Read
Mu Rwanda

Kayonza: Agahinda ko gutsindwa kw’ikipe afana katumye yiyambura ubuzima

2 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
Mu Rwanda

Kirehe: Uwakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yarashwe na polisi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?