BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Zelenskyy yasabye Amerika gushimuta umwe mu bayobozi bo mu Burusiya

Zelenskyy yasabye Amerika gushimuta umwe mu bayobozi bo mu Burusiya

admin
Last updated: January 8, 2026 3:01 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yasabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika gushimuta Ramzan Kadyrov, umuyobozi w’Intara ya Chechnya mu Burusiya, avuga ko icyo gikorwa cyatanga ubutumwa bukomeye kuri Perezida Vladimir Putin.

Zelenskyy yabivuze ku wa Gatatu, asaba abafatanyabikorwa be bo mu Burengerazuba gushyira igitutu ku Burusiya, avuga ko byafasha kurangiza intambara yo muri Ukraine.

Perezida wa Ukraine yagaragaje ko Amerika ishobora gushimuta Kadyrov kugira ngo byihutishe ibiganiro. Ashima igikorwa cya Trump muri Venezuela cyo gushimuta Perezida w’icyo gihugu, Nicolas Maduro.

Agira ati “Isi yose ishobora kubona igisubizo. Babikoze vuba cyane. Nibabikore no kuri Kadyrov… Wenda Putin ashobora kubyumva no kubyitaho.”

Uyu muyobozi wa Chechnya yahise asubiza vuba, ashinja Zelensky kugerageza guhungabanya ibiganiro aho kubishyigikira, amushishikariza gushyira mu bikorwa igikorwa no gufata icyemezo ku giti cye akamushimuta aho kwishingikiriza kuri Amerika.

Ati “Uyu muntu udafite ubwenge asaba ko ubutegetsi bwa Amerika bunshimuta. Mwibuke ko atigeze anagerageza kubikora ubwe, ntaranatekereza kubigerageza. Zelensky yerekanye ko ari umunyabwoba.”

Amerika yagabye igitero gitunguranye muri Venezuela mu mpera z’icyumweru gishize, ndetse ingabo za Amerika zifata Maduro n’umugore we, bajyanwa i New York kugira ngo akurikiranweho ibyaha birimo ibiyobyabwenge n’ibyiterabwoba.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

3 Min Read
Amerika

Kenya yafunze ukekwaho kujyana abaturage bayo kurwanira u Burusiya

2 Min Read
Amerika

Trump yasabye Netflix kwirukana umwe mu bayobozi bayo, imutera utwatsi

1 Min Read
Amerika

Indege 50 za Amerika zerekeje mu Burasirazuba bwo Hagati hakekwa intambara ikomeye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?