BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Perezida wa Colombie yaburiye Amerika ishaka kumufunga nka Maduro

Perezida wa Colombie yaburiye Amerika ishaka kumufunga nka Maduro

admin
Last updated: January 5, 2026 1:44 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Colombie, Gustavo Petro, yasabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika guhagarika kumutera ubwoba, ahubwo ngo niba ibishoboye ijye kumufunga vuba nk’uko ibyigamba.

Tariki ya 3 Mutarama 2026, ingabo za Amerika zataye muri yombi Perezida wa Venezuela, Nicolas Maduro, zimushinja kuyobora itsinda rigari ricuruza ibiyobyabwenge rinakabyinjiza i Washington D.C.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye tariki ya 4 Mutarama, Perezida wa Amerika, Donald Trump, yatangaje ko iherezo ry’ubutegetsi bwa Petro ryegereje kuko ngo na we acuruza ibiyobyabwenge bya Cocaine.

Trump yise Petro umurwayi ukunda gukora Cocaine, akayicuruza muri Amerika. Abajijwe niba hashobora kwifashishwa imbaraga za gisirikare mu gukura Perezida wa Colombie ku butegetsi, yasubije ati “Ibyo ni byiza kuri njye.”

Perezida Petro yamenyesheje Trump ko akwiye guhagarika kumwibasira kandi ko niba ashaka kumukura ku butegetsi nka Maduro, akwiye kumenya ko we asobanukiwe igisirikare kuko yarwanye urugamba rw’amasasu.

Yagize ati “Niba mushaka kumfunga, mubikore, munabigerageze. Niba mushaka kunyambika impuzankano ya orange, mubikore, munabigerageze. Abaturage ba Colombie bazajya mu mihanda, bandwanirire.”

Amagambo Perezida Petro yavuze ajya gusa n’ayavuzwe na Maduro muri Kanama 2025 ubwo Amerika yashyiragaho miliyoni 50 z’Amadolari izahemba uzatanga amakuru azatuma afatwa, imushinja kuyobora itsinda ry’abacuruza bakanambutsa ibiyobyabwenge.

Icyo gihe, Maduro yasabye Amerika kumusanga bwangu ku biro bye biherereye mu karere ka Miraflores, ayimenyesha ko izasanga yiteguye, ayirwanye n’imbaraga zose.

Maduro wavugaga aranguruye cyane, yagize ati “Muze mumfate. Nzabategerereza hano muri Miraflores. Ntimuzatinde, mwa bigwari mwe!”

Leta ya Colombie yamaganye itabwa muri yombi rya Maduro, isobanura ko rinyuranyije n’amategeko mpuzamahanga. Yohereje abasirikare benshi n’ibikoresho ku mupaka kugira ngo niterwa nka Venezuela, izirwaneho.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

NASA yagaruye ku Isi igitaraganya abashakashatsi bayo kubera umwe warwaye

1 Min Read
Amerika

Zelenskyy yasabye Amerika gushimuta umwe mu bayobozi bo mu Burusiya

1 Min Read
Amerika

Trump yavanye Amerika mu miryango mpuzamahanga 66

1 Min Read
Amerika

Ingabo z’Amerika zataye muri yombi Perezida Maduro n’umufasha we

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?