BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Amerika ntiyishimiye uko M23 ivuga ko yavuye muri Uvira

Amerika ntiyishimiye uko M23 ivuga ko yavuye muri Uvira

admin
Last updated: December 24, 2025 3:38 pm
admin
Share
SHARE

Ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwatangaje ko butanyuzwe n’ukuntu umutwe wa M23 watangaje ko wavuye mu mujyi wa Uvira, mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (RDC), mu gihe hakomeje kumvikana amasasu mu nkengero z’umujyi.

Ku wa kabiri w’iki cyumweru tariki 22 Ukuboza 2025, abaturage bo mu nkengero za Uvira bavuze ko bumvise urusaku rw’imbunda, bituma hakomeza kwibazwa niba koko M23 yaravuye burundu muri uwo mujyi nk’uko yari yabivuze. Ibi byatumye Leta ya Amerika ibyuririraho ivuga ko AFC/M23 ibyo ikora bishobora kubangamira umugambi w’amahoro uri gushyigikirwa n’amahanga.

M23 yari yafashe Uvira ku wa 10 Ukuboza, uyu mujyi ukaba uri hafi y’umurwa mukuru w’ubucuruzi w’Uburundi, Bujumbura.

Ifatwa rya Uvira ryarateye induru mu bihugu by’iburengerazuba bw’Isi, aho Amerika n’abandi bafatanyabikorwa bayo bavuze ko icyo gikorwa gishobora gushora akarere kose mu ntambara ikomeye.

Mu gihe amakuru akiri uruvange ku byo kuva kwa M23 muri Uvira, amahanga akomeje gusaba impande zose kubahiriza amasezerano y’amahoro no guhagarika burundu imirwano, kugira ngo umutekano n’amahoro bigaruke mu burasirazuba bwa RDC n’akarere k’ibiyaga bigari muri rusange.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

3 Min Read
Amerika

Kenya yafunze ukekwaho kujyana abaturage bayo kurwanira u Burusiya

2 Min Read
Amerika

Trump yasabye Netflix kwirukana umwe mu bayobozi bayo, imutera utwatsi

1 Min Read
Amerika

Indege 50 za Amerika zerekeje mu Burasirazuba bwo Hagati hakekwa intambara ikomeye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?