BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Trump yaciye amarenga ko Ukraine idashobora gusubirana ubutaka bwayo

Trump yaciye amarenga ko Ukraine idashobora gusubirana ubutaka bwayo

admin
Last updated: December 16, 2025 11:02 am
admin
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yagaragaje ko Ukraine idakwiriye kugorana yanga guheba ubutaka bwayo, kuko n’uyu munsi ntabwo ifite.

Mu kwezi gushize, ubutegetsi bwa Trump bwashyize imbere umushinga w’amahoro ugamije kurangiza intambara muri Ukraine. Ibyo byifuzo, byahinduwe inshuro nyinshi kuva icyo gihe, bigamije ko Kiev yareka imigambi yo kwinjira muri NATO, ndetse ikemera guhara uduce twa Crimea n’uturere twa Donbass muri Lugansk na Donetsk, twose twinjiye mu Burusiya nyuma y’amatora.

Mu Kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku wa Mbere, Trump yabajijwe impamvu Ukraine yakwemera gutanga ubutaka bwayo.

Trump Ati “Reka mbabwize ukuri, bamaze gutakaza ubwo butaka, murabizi. Ubutaka barabutakaje. Ariko ku bijyanye no kuyizeza umutekano, turimo gukora ku byemezo by’umutekano kugira ngo intambara itazongera gutangira.”

Trump yavuze ko aherutse kugirana ibiganiro byihariye na Putin kandi akemeza ko u Burusiya bufite ubushake bwo kurangiza amakimbirane.

Nyuma y’inama yabaye i Berlin ku wa Mbere hagati y’abahagarariye Trump, Steve Witkoff na Jared Kushner n’itsinda rya Ukraine, Trump yavuze ko yagiranye “ikiganiro kirekire kandi cyiza cyane” n’abayobozi b’u Burayi na NATO, ndetse na Perezida wa Ukraine Vladimir Zelensky.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

NASA yagaruye ku Isi igitaraganya abashakashatsi bayo kubera umwe warwaye

1 Min Read
Amerika

Zelenskyy yasabye Amerika gushimuta umwe mu bayobozi bo mu Burusiya

1 Min Read
Amerika

Trump yavanye Amerika mu miryango mpuzamahanga 66

1 Min Read
Amerika

Perezida wa Colombie yaburiye Amerika ishaka kumufunga nka Maduro

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?