BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

admin
Last updated: December 11, 2025 3:15 pm
admin
Share
SHARE

Ubutegetsi bwa Tanzania bwamaganye ibihuha byakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga bivuga ko Dr. Philip Mpango, wahoze ari Visi Perezida w’iki gihugu, afungiwe iwe mu rugo, buvuga ko ayo makuru ari ibinyoma nta shingiro afite.

Ibi byatangajwe na Gerson Msigwa, Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Itangazamakuru, Siporo n’Umuco akaba n’Umuvugizi wa Leta, nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gusakara amakuru avuga ko bamwe mu bayobozi bakuru bahoze mu nzego za Leta bafunzwe cyangwa bari kugenzurwa bikomeye.

Msigwa ati “Wahoze ari Visi Perezida ntabwo afunze. Akomeje ibikorwa bye bisanzwe nyuma yo kuva mu nshingano za Leta.”

Mu minsi yashize, imbuga zirimo X, YouTube, Facebook, Instagram na TikTok zakwirakwijweho amakuru avuga ko uretse Dr. Mpango, n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe Kassim Majaliwa ndetse n’uwahoze ayobora Inteko Ishinga Amategeko Dr. Tulia Ackson Mwansasu, bafungiwe mu ngo zabo cyangwa bari gukurikiranwa n’inzego z’umutekano.

Msigwa yahakanye ibyo byose, avuga ko ari ibihuha bikwirakwizwa n’abantu bafite umugambi wo guharabika igihugu.

Ati “Nimwirengagize ibitangazwa n’uwiyita Eagle Ezra, umu-YouTuber wo muri Kenya.”

Leta ya Tanzania ivuga ko aya makuru ari igice cy’urusobe rw’ibihuha n’amakuru ayobya agamije guteranya abaturage no kwangiza isura y’igihugu hanze.

Yasabye abaturage kwirinda gukurikira amakuru adafite isoko ryemewe cyangwa avugwa n’abantu bafite imigambi ya politiki, ahubwo bagashingira ku itangazo ry’inzego zabigenewe.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?